19 Ku bw’ibyo rero, umuntu wese wica+ rimwe muri ayo mategeko yoroheje kurusha ayandi kandi akigisha abantu kuyica, azitwa ‘uworoheje’ ku birebana n’ubwami bwo mu ijuru.+ Naho umuntu wese uyakurikiza kandi akayigisha abandi,+ uwo azitwa ‘ukomeye’+ ku birebana n’ubwami bwo mu ijuru.