ISOMERO RYO KURI INTERINETI rya Watchtower
Watchtower
ISOMERO RYO KURI INTERINETI
Ururimi rw'amarenga yo mu Rwanda
  • BIBILIYA
  • IBYASOHOTSE
  • AMATERANIRO
Ibyasohotse mu Marenga (2017-2026)
Sohoka
Injira
ISOMERO RYO KURI INTERINETI rya Watchtower
Watchtower
ISOMERO RYO KURI INTERINETI
Muhawe ikaze.
Iri somero rizagufasha gukora ubushakashatsi mu bitabo byo mu ndimi zitandukanye byanditswe n'Abahamya ba Yehova.
Niba wifuza kuvanaho ibitabo, jya kuri jw.org.
Itangazo
Ururimi rushya ruboneka: Sakalava
  • Uyu munsi

Ku Cyumweru, tariki ya 30 Kanama

Yehova aba hafi y’abantu bababaye.—Zab. 34:18.

Niyo haba hari abantu bagufashe nabi, ushobora kwiringira ko Yehova agukunda kandi ko abona ko ufite agaciro. Ubwo rero niba ufite “agahinda kenshi,” ujye wibuka ko hari imico myiza Yehova yakubonanye, maze agashaka ko uba incuti ye (Yoh. 6:44). Ahora yiteguye kugufasha kubera ko abona ko ufite agaciro. Ibyo Yesu yakoze igihe yari ku isi, bitwereka uko Yehova yiyumva iyo abona abantu bababaye. Yesu yitaga ku bantu basuzugurwaga kandi akabagirira impuhwe (Mat. 9:​9-12). Igihe umugore wari urwaye indwara yamubabazaga cyane yakoraga ku mwenda wa Yesu yiringiye ko ari bukire, Yesu yaramuhumurije kandi amushimira ukwizera agaragaje (Mar. 5:​25-34). Icyo gihe, Yesu yagaragaje neza imico ya Papa we (Yoh. 14:9). Ubwo rero, izere udashidikanya ko Yehova abona ko ufite agaciro, kandi ko abona imico yawe myiza, harimo ukwizera ugaragaza n’urukundo umukunda. w24.10 40:4-5

Dusuzume Ibyanditswe buri munsi—2026

Ku wa Mbere, tariki ya 31 Kanama

Ushyire amarira yanjye mu gafuka kawe k’uruhu.—Zab. 56:8.

Mu buzima bwa Dawidi yagiye ahura n’ibibazo byinshi byatumye ababara kandi akarira. Hari abantu benshi bamwangaga, ndetse n’abagize umuryango we n’incuti ze bigeze kumuhemukira (1 Sam. 19:​10, 11; 2 Sam. 15:​10-14, 30). Hari igihe yanditse ati: “Nanijwe no gutaka. Ndara ndira ijoro ryose, ngatosa uburiri bwanjye. Uburiri bwanjye mbwuzuza amarira” (Zab. 6:6). Nubwo Dawidi yahuye n’ibibazo byinshi, yemeraga adashidikanya ko Yehova amukunda. Yaranditse ati: “Yehova azumva kurira kwanjye” (Zab. 6:8). Amagambo agize isomo ry’uyu munsi agaragaza neza ukuntu Yehova adukunda n’ukuntu atwitaho iyo tubabaye. Dawidi yumvaga ari nkaho Yehova akusanyiriza amarira ye mu icupa cyangwa akayandika mu gitabo. Dawidi yari azi neza ko Yehova abona ibibazo ahanganye na byo, kandi ko yibuka agahinda bimutera. Yari azi ko Papa we wo mu ijuru azi ibibazo byose yahuye na byo kandi akazirikana ingaruka byamugizeho. w24.12 51:11-12

Dusuzume Ibyanditswe buri munsi—2026

Ku wa Kabiri, tariki ya 1 Nzeri

Mukomeze kwisuzuma murebe niba mugifite ukwizera gukomeye.—2 Kor. 13:5.

Tugomba gukora uko dushoboye, tukaba Abakristo bakuze mu buryo bw’umwuka, kandi tugakomeza gukura, ntidusubire inyuma. Ntitugomba kumva ko twamaze gukura mu buryo bw’umwuka, ku buryo twahagararira aho (1 Kor. 10:12). Ahubwo dukwiriye ‘gukomeza kwisuzuma’ kugira ngo tumenye niba dukomeza kugira amajyambere. Mu ibaruwa intumwa Pawulo yandikiye Abakolosayi, nanone yagaragaje ko tugomba gukomeza gukura mu buryo bw’umwuka. Nubwo abo Bakristo bari bakuze mu buryo bw’umwuka, yabagiriye inama yo gukomeza kuba maso, kugira ngo badashukwa n’imitekerereze y’isi (Kolo. 2:​6-10). Nanone Epafura wari uzi neza abagize iryo torero, yahoraga asenga abasabira kugira ngo ‘amaherezo bazahagarare bashikamye kandi buzuye’ cyangwa bakuze mu buryo bw’umwuka (Kolo. 4:12). None se ibyo bitwigisha iki? Ibyo bitwigisha ko kugira ngo dukomeze kuba abantu bakuze mu buryo bw’umwuka, Yehova agomba kudufasha kandi natwe tukagira icyo dukora kugira ngo tubigereho. Ibyo Pawulo na Barinaba bari babisobanukiwe neza. Bifuzaga ko Abakristo b’i Kolosayi bakomeza gukura mu buryo bw’umwuka, nubwo hari ibibazo bari bahanganye na byo. w24.04 14:16-17

Dusuzume Ibyanditswe buri munsi—2026
Muhawe ikaze.
Iri somero rizagufasha gukora ubushakashatsi mu bitabo byo mu ndimi zitandukanye byanditswe n'Abahamya ba Yehova.
Niba wifuza kuvanaho ibitabo, jya kuri jw.org.
  • Ururimi rw'amarenga yo mu Rwanda
  • Yohereze
  • Hitamo
  • Copyright © 2026 Watch Tower Bible and Tract Society of Pennsylvania
  • Amategeko agenga Imikoreshereze
  • Ibijyanye n'ibanga
  • Setingi z'ibijyanye n'ibanga
  • JW.ORG
  • Injira
Yohereze