Ku wa Mbere, tariki ya 31 Kanama
Ushyire amarira yanjye mu gafuka kawe k’uruhu.—Zab. 56:8.
Mu buzima bwa Dawidi yagiye ahura n’ibibazo byinshi byatumye ababara kandi akarira. Hari abantu benshi bamwangaga, ndetse n’abagize umuryango we n’incuti ze bigeze kumuhemukira (1 Sam. 19:10, 11; 2 Sam. 15:10-14, 30). Hari igihe yanditse ati: “Nanijwe no gutaka. Ndara ndira ijoro ryose, ngatosa uburiri bwanjye. Uburiri bwanjye mbwuzuza amarira” (Zab. 6:6). Nubwo Dawidi yahuye n’ibibazo byinshi, yemeraga adashidikanya ko Yehova amukunda. Yaranditse ati: “Yehova azumva kurira kwanjye” (Zab. 6:8). Amagambo agize isomo ry’uyu munsi agaragaza neza ukuntu Yehova adukunda n’ukuntu atwitaho iyo tubabaye. Dawidi yumvaga ari nkaho Yehova akusanyiriza amarira ye mu icupa cyangwa akayandika mu gitabo. Dawidi yari azi neza ko Yehova abona ibibazo ahanganye na byo, kandi ko yibuka agahinda bimutera. Yari azi ko Papa we wo mu ijuru azi ibibazo byose yahuye na byo kandi akazirikana ingaruka byamugizeho. w24.12 51:11-12
Ku wa Kabiri, tariki ya 1 Nzeri
Mukomeze kwisuzuma murebe niba mugifite ukwizera gukomeye.—2 Kor. 13:5.
Tugomba gukora uko dushoboye, tukaba Abakristo bakuze mu buryo bw’umwuka, kandi tugakomeza gukura, ntidusubire inyuma. Ntitugomba kumva ko twamaze gukura mu buryo bw’umwuka, ku buryo twahagararira aho (1 Kor. 10:12). Ahubwo dukwiriye ‘gukomeza kwisuzuma’ kugira ngo tumenye niba dukomeza kugira amajyambere. Mu ibaruwa intumwa Pawulo yandikiye Abakolosayi, nanone yagaragaje ko tugomba gukomeza gukura mu buryo bw’umwuka. Nubwo abo Bakristo bari bakuze mu buryo bw’umwuka, yabagiriye inama yo gukomeza kuba maso, kugira ngo badashukwa n’imitekerereze y’isi (Kolo. 2:6-10). Nanone Epafura wari uzi neza abagize iryo torero, yahoraga asenga abasabira kugira ngo ‘amaherezo bazahagarare bashikamye kandi buzuye’ cyangwa bakuze mu buryo bw’umwuka (Kolo. 4:12). None se ibyo bitwigisha iki? Ibyo bitwigisha ko kugira ngo dukomeze kuba abantu bakuze mu buryo bw’umwuka, Yehova agomba kudufasha kandi natwe tukagira icyo dukora kugira ngo tubigereho. Ibyo Pawulo na Barinaba bari babisobanukiwe neza. Bifuzaga ko Abakristo b’i Kolosayi bakomeza gukura mu buryo bw’umwuka, nubwo hari ibibazo bari bahanganye na byo. w24.04 14:16-17
Ku wa Gatatu, tariki ya 2 Nzeri
Yehova ari kumwe natwe. Rwose ntimubatinye.—Kub. 14:9.
Iyo dutinya Yehova mu buryo bukwiriye, turamukunda cyane, ku buryo twirinda gukora ikintu cyamubabaza. Dushishikazwa no kumenya gutandukanya icyiza n’ikibi no gutandukanya ukuri n’ikinyoma, kugira ngo Yehova atwemere (Imig. 2:3-6; Heb. 5:14). Turamutse dutinye abantu kurusha uko dutinya Imana, bishobora gutuma dutangira kwizera ibintu bidahuje n’inyigisho z’ukuri za Yehova. Reka turebe urugero rw’abatware 12, boherejwe kuneka igihugu Yehova yari yarasezeranyije Abisirayeli. Icumi muri bo batinye Abanyakanani cyane. Ubwoba bari bafite bwari bwinshi kuruta urukundo bakundaga Yehova. Babwiye Abisirayeli bagenzi babo bati: “Ntidushobora gutera bariya bantu kuko baturusha imbaraga” (Kub. 13:27-31). Kandi koko ukurikije uko abantu babona ibintu, Abanyakanani bari bafite imbaraga. Ariko umuntu wari gutekereza ko Abisirayeli batashoboraga gutsinda abanzi babo, yari kuba yirengagije ko Yehova afite imbaraga nyinshi. w24.07 28:5-6