Ku wa Kane, tariki ya 27 Kanama
Nta muntu mubi uzakomeza kuba aho uri, kuko uri Imana itishimira ibibi.—Zab. 5:4.
Yehova ntiyemera ko abantu bakora ibibi kandi yanga icyaha (Zab. 5:4-6). Ashaka ko dukurikiza amahame ye akiranuka yanditswe mu Ijambo rye. Icyakora Yehova azirikana ko tudatunganye, kandi ko tudashobora kumwumvira mu buryo butunganye (Zab. 130:3, 4). Ariko nanone, ntiyihanganira abantu batamwubaha, ‘bahindura ineza ye ihebuje, urwitwazo rwo gukora ibintu biteye isoni’ (Yuda 4). Nubundi kandi, Bibiliya ivuga ko ‘abatubaha Imana bazarimbuka’ mu ntambara ya Harimagedoni (2 Pet. 3:7; Ibyah. 16:16). Icyakora, Yehova ntashaka ko hagira n’umwe urimbuka. Bibiliya igaragaza neza ko “ashaka ko abantu bose bihana” (2 Pet. 3:9). Abasaza bigana Yehova bagakomeza gufasha bihanganye abantu bakoze icyaha kugira ngo bahinduke, maze bongere kwemerwa na we. w24.08 35:1-2
Ku wa Gatanu, tariki ya 28 Kanama
Ufungura ikiganza cyawe, ugahaza ibyifuzo by’ibifite ubuzima byose.—Zab. 145:16.
Kimwe na Yehova, urukundo dukunda abandi, ruzatuma tubafasha. Urugero, ese hari umuvandimwe cyangwa mushiki wacu uzi, ukeneye ibyokurya cyangwa imyambaro? Yehova ashobora kugukoresha, ukamuha ibyo akeneye. Abahamya ba Yehova, bazwiho ko bafasha abandi iyo habaye ibiza. Urugero, mu gihe cy’icyorezo cya COVID-19, abavandimwe na bashiki bacu batanze imfashanyo y’ibyokurya, imyambaro n’ibindi bikoresho, babiha bagenzi babo bari babikeneye. Nanone abenshi batanze impano zo gushyigikira umurimo ukorerwa ku isi hose. Ibyo byatumye haboneka amafaranga yo kugura imfashanyo zari zikenewe hirya no hino ku isi. Bakurikiza ibivugwa mu Baheburayo 13:16 hagira hati: “Ntimukibagirwe gukora ibyiza no gusangira n’abandi, kuko ibitambo bimeze bityo ari byo bishimisha Imana rwose.” w24.09 39:6-7
Ku wa Gatandatu, tariki ya 29 Kanama
Mumenye neza ibintu by’ingenzi kurusha ibindi.—Fili. 1:10.
Tekereza kuri uru rugero: Tuvuge ko uri gushaka akazi kagufasha gutunga umuryango wawe. Hari ahantu habiri bakurangiye akazi. Ugerageje gushaka amakuru yose arebana n’ako kazi, uko gateye, gahunda yako, urugendo uzajya ukora ujyayo cyangwa utaha n’ibindi. Urebye ibyo byose, usanga aho hombi Umukristo yahakora. Ariko wenda uhisemo gukora akazi kamwe kubera ko ari ko ukunda, cyangwa bitewe n’uko uzajya uhembwa amafaranga menshi. Icyakora mbere yo gufata umwanzuro, hari ibindi bintu uba ugomba gutekerezaho. Ese akazi uhisemo, ntikazabangamira gahunda y’amateraniro yo mu itorero ryanyu? Ese ntikazatuma utabona uko wita ku bagize umuryango wawe, kandi ntubone uko ubafasha kuba incuti za Yehova? Kwibaza ibibazo nk’ibyo, bizagufasha kumenya neza “ibintu by’ingenzi kurusha ibindi,” ni ukuvuga gukorera Imana no kwita ku muryango wawe, aho kwibanda ku mafaranga. Nubigenza utyo, uzafata umwanzuro ushimisha Yehova. w25.01 3:11-13