Ku wa Kabiri, tariki ya 16 Kamena
Mukomeze kuba maso kandi musenge ubudacogora, kugira ngo mutagwa mu bishuko.—Mat. 26:41.
“Umutima urabishaka, ariko umubiri ufite intege nke” (Mat. 26:41b). Ayo magambo agaragaza neza ko Yesu yari asobanukiwe ko tudatunganye. Ariko nanone atubwira icyo tugomba kwirinda. Tugomba kwirinda gukabya kwiyiringira. Mu ijoro ryari ryabanje, abigishwa ba Yesu bari bavuze ko badashobora kumusiga (Mat. 26:35). Bifuzaga gukora ibikwiriye. Mu by’ukuri, bari biyemeje ko badashobora kumusiga. Ariko ntibari bazi ko biramutse bikomeye, ibyo biyemeje bishobora guhinduka. Ni yo mpamvu Yesu yabagiriye inama iboneka mu murongo dusuzuma uyu munsi. Ikibabaje ni uko abo bigishwa batakomeje kuba maso. Ese igihe Yesu yafatwaga, abo bigishwa bagumanye na we, cyangwa bagize ubwoba barahunga? Kubera ko batakomeje kuba maso, batereranye Yesu, nubwo bari bavuze ko badashobora kubikora.—Mat. 26:56. w24.07 29:1-2
Ku wa Gatatu, tariki ya 17 Kamena
Twaje kuba incuti z’Imana binyuze ku rupfu rw’Umwana wayo.—Rom. 5:10.
Igihe Adamu na Eva bakoraga icyaha, batakaje ibyiringiro byo kubaho iteka kandi ntibakomeza kuba incuti za Yehova. Mbere y’uko bakora icyaha, bari bamwe mu bagize umuryango we (Luka 3:38). Ariko igihe basuzuguraga Yehova, yabirukanye mu muryango we kandi bari batarabyara (Intang. 3:23, 24; 4:1). Ubwo rero twebwe ababakomotseho, twari dukeneye kongera kuba incuti za Yehova (Rom. 5:10, 11). Mu yandi magambo, tugomba kugira icyo dukora kugira ngo tube incuti ze. Ubwo rero icyo tugomba gukora, ni ukureka gukomeza kuba “abanzi” b’Imana, ahubwo ‘tukaba incuti’ zayo. Igishimishije, ni uko Yehova ari we wagize icyo akora mbere na mbere kugira ngo ibyo bigerweho. Yakoze iki? Yehova yashyizeho uburyo bwari gutuma hatangwa ingurane, ku buryo abantu b’abanyabyaha bari kongera kubana na we amahoro. Ibyo bikubiyemo kugurana ibintu binganya agaciro, maze ikintu cyatakaye cyangwa cyangiritse kikishyurwa cyangwa kigasimbuzwa ikindi. w25.02 6:7-8
Ku wa Kane, tariki ya 18 Kamena
Kubabara mu buryo buhuje n’uko Imana ishaka bituma umuntu yihana kandi bikamuhesha ubuzima bw’iteka.—2 Kor. 7:10.
Intumwa Pawulo yavuze ko kuba uwo muntu ‘yaracyashywe n’abantu benshi byari bihagije’ (2 Kor. 2:5-8). Ibyo bishatse kuvuga ko igihano uwo muntu wari warasambanye n’umugore wa papa we yahawe cyamugiriye akamaro (1 Kor. 5:1). Cyatumye akora iki? Cyatumye yihana (Heb. 12:11). Nanone Pawulo yasabye abagize iryo torero ‘kumubabarira’ no ‘kumuhumuriza’ kandi ‘bakamugaragariza urukundo.’ Pawulo yashakaga ko bereka uwo muntu ko bamubabariye kandi ko bamukunda, bakabimwereka mu magambo no mu byo bakora. Ibyo ni byo byari kugaragaza ko bishimiye ko agaruka mu itorero. w24.08 33:4, 6-8