11 Nabaye umuntu udashyira mu gaciro. Ni mwe mwabinteye,+ kuko mwagombye kuba mwaragaragaje ko nkwiriye. Nta kintu na kimwe nigeze ngaragaramo ko ndi hasi y’izo ntumwa zanyu z’akataraboneka,+ nubwo nta cyo ndi cyo.+
6 Naho ba bandi babonwaga ko ari ab’ingenzi,+ icyo baba barahoze bari cyo cyose, ibyo kuri jye nta cyo bihindura,+ kuko Imana itareba isura y’umuntu.+ Mu by’ukuri abo bantu nta kintu gishyashya bambwiye.