ISOMERO RYO KURI INTERINETI rya Watchtower
Watchtower
ISOMERO RYO KURI INTERINETI
Ikinyarwanda
  • BIBILIYA
  • IBYASOHOTSE
  • AMATERANIRO
Ibitabo by’ikinyarwanda (1976-2021)
Sohoka
Injira
ISOMERO RYO KURI INTERINETI rya Watchtower
Watchtower
ISOMERO RYO KURI INTERINETI
Muhawe ikaze.
Iri somero rizagufasha gukora ubushakashatsi mu bitabo byo mu ndimi zitandukanye byanditswe n'Abahamya ba Yehova.
Niba wifuza kuvanaho ibitabo, jya kuri jw.org.
  • Uyu munsi

Ku wa Mbere, tariki ya 22 Gashyantare

Abo ni bo dukorana umurimo ku bw’ubwami bw’Imana, kandi barampumurije cyane.—Kolo 4:11, NWT.

Intumwa Pawulo yagiye ahura n’ibibazo byinshi (2 Kor 11:23-28). Nanone yari ahanganye n’“ihwa ryo mu mubiri,” rishobora kuba ryari uburwayi (2 Kor 12:7). Hari n’igihe yababaye cyane kuko Dema bakoranaga umurimo yamutaye “bitewe n’uko yakunze iyi si” (2 Tim 4:10). Pawulo yari Umukristo wasutsweho umwuka warangwaga n’ubutwari kandi agafasha abandi atizigamye. Ariko hari igihe na we yumvaga yacitse intege (Rom 9:1, 2). Pawulo yarahumurijwe kandi aterwa inkunga. Yahumurijwe ate? Yehova yamuhumurije akoresheje umwuka wera (2 Kor 4:7; Fili 4:13). Nanone yamuhumurije akoresheje Abakristo bagenzi be. Pawulo yavuze ko bamwe muri abo Bakristo ‘bamuhumurije cyane’ (Kolo 4:11, NWT). Mu bantu yavuze bamuhumurije, harimo Arisitariko, Tukiko na Mariko. Baramukomeje, bityo bamufasha kwihangana. w20.01 8 par. 2-3

Dusuzume Ibyanditswe Buri munsi—2021

Ku wa Kabiri, tariki ya 23 Gashyantare

Yamurikiye amaso y’imitima yanyu.—Efe 1:18.

Yesu yagaragaje ko umuntu utarasutsweho umwuka adashobora gusobanukirwa neza uko ‘uwongeye kubyarwa’ cyangwa ‘uwabyawe binyuze ku mwuka,’ aba yiyumva (Yoh 3:3-8). Iyo Abakristo basutsweho umwuka, imitekerereze yabo ihinduka ite? Mbere y’uko Yehova abasukaho umwuka, baba basanzwe bishimira kuzaba ku isi iteka ryose. Baba bategerezanyije amatsiko igihe Yehova azavanira ibibi byose ku isi, maze akayihindura paradizo. Biranashoboka ko baba batekereza uko bazakira bene wabo cyangwa inshuti zabo igihe bazaba bazutse. Ariko iyo basutsweho umwuka, imitekerereze yabo irahinduka. Biterwa n’iki? Ntibiterwa n’uko baba batagishimishijwe n’ibyiringiro byo kuba ku isi. Nta nubwo biba bitewe n’ihungabana cyangwa ibibazo bahuye na byo. Nanone ntibiba bitewe n’uko bumva ko kuba ku isi iteka ryose bishobora kuzabarambira. Ahubwo Yehova aba akoresheje umwuka wera, agahindura imitekerereze yabo n’ibyiringiro byabo. w20.01 22 par. 9-11

Dusuzume Ibyanditswe Buri munsi—2021

Ku wa Gatatu, tariki ya 24 Gashyantare

Umuntu wese agandukire abategetsi bakuru.—Rom 13:1.

Mu gihe cy’Amategeko ya Mose, abari bafite inshingano bakemuraga ibibazo bifitanye isano no kuyoboka Yehova n’ibindi byo mu buzima busanzwe. Ariko muri iki gihe, abasaza bayoborwa n’“amategeko ya Kristo,” baba bafite inshingano yo gukemura ibibazo bifitanye isano no kuyoboka Yehova gusa (Gal 6:2). Bazi neza ko Imana yahaye abategetsi inshingano yo guca imanza zirebana n’ibindi byaha, hakubiyemo n’iby’ubugizi bwa nabi. Ibyo binakubiyemo guhana abakoze ibyo byaha, wenda bakabaca amande cyangwa bakabafunga (Rom 13:2-4). Abasaza bakora iki mu gihe hari uwakoze icyaha gikomeye? Bakoresha Ibyanditswe, bakagenzura neza uko ibintu byagenze, maze bagafata umwanzuro. Bakomeza kuzirikana ko amategeko ya Kristo ashingiye ku rukundo. Urukundo rutuma abasaza bagira icyo bakora kugira ngo bafashe umuntu wagiriwe nabi n’abandi byagizeho ingaruka. Nanone urukundo rutuma basuzuma niba uwakoze icyaha yicuza kandi bakareba icyo bakora kugira ngo yongere kugirana ubucuti na Yehova. w19.05 7 par. 23-24

Dusuzume Ibyanditswe Buri munsi—2021
Muhawe ikaze.
Iri somero rizagufasha gukora ubushakashatsi mu bitabo byo mu ndimi zitandukanye byanditswe n'Abahamya ba Yehova.
Niba wifuza kuvanaho ibitabo, jya kuri jw.org.
  • Ikinyarwanda
  • Share
  • Hitamo
  • Copyright © 2021 Watch Tower Bible and Tract Society of Pennsylvania
  • Imikoreshereze
  • Amategeko agenga ubuzima bwite
  • JW.ORG
  • Injira
Share