Ku wa Gatatu, tariki ya 24 Ukuboza
“Mukomere, . . . Ndi kumwe namwe,” ni ko Yehova nyir’ingabo avuga.—Hag. 2:4.
Igihe Abayahudi bari baravuye i Babuloni bageraga i Yerusalemu, batangiye guhura n’ibibazo. Gutunga imiryango yabo ntibyari byoroshye. Bari bafite ibibazo by’umutekano muke, kandi n’abantu bari batuye mu bihugu bibakikije barabarwanyije. Bamwe muri bo batangiye no kubona ko kongera kubaka urusengero rwa Yehova, bitihutirwaga. Ni yo mpamvu Yehova yohereje abahanuzi babiri ari bo Hagayi na Zekariya, kugira ngo babatere inkunga maze bongere kugira umwete mu murimo wa Yehova, kandi byarabafashije cyane (Hag. 1:1; Zek. 1:1). Icyakora nyuma y’imyaka hafi 50, Abayahudi bongeye gucika intege. Icyo gihe Ezira wari umwandukuzi w’umuhanga mu mategeko, yavuye i Babuloni ajya i Yerusalemu, kugira ngo atere inkunga abo Bayahudi, maze bongere kugira umwete mu murimo bakoreraga Yehova (Ezira 7:1, 6). Ibyo Hagayi na Zekariya bahanuye, byafashije abagaragu ba Yehova ba kera gukomeza kwiringira Yehova mu gihe abantu babarwanyaga. Ubwo buhanuzi natwe bushobora kudufasha muri iki gihe, tugakomeza kwiringira ko Yehova azadufasha mu gihe duhanganye n’ibibazo.—Imig. 22:19. w23.11 14-15 par. 2-3
Ku wa Kane, tariki ya 25 Ukuboza
Mwambare urukundo, kuko ari rwo rwunga abantu mu buryo bwuzuye.—Kolo. 3:14.
Twagaragaza dute ko dukunda abavandimwe na bashiki bacu? Kimwe mu byo twabakorera, ni ukubahumuriza. Ikintu cyadufasha ‘gukomeza guhumurizanya,’ ni ukugira impuhwe (1 Tes. 4:18). Twakora iki kugira ngo dukomeze gukundana cyane? Tugomba gukora uko dushoboye tukajya tubabarira abandi mu gihe badukoshereje. None se kuki dukwiriye gukundana cyane muri iki gihe? Petero yatubwiye impamvu agira ati: “Iherezo rya byose riregereje. Ku bw’ibyo rero, . . . mukundane urukundo rwinshi” (1 Pet. 4:7, 8). Uko tugenda twegereza imperuka, hari ikintu tugomba kwitega. Icyo kintu ni ikihe? Yesu yaravuze ati: “Muzangwa n’amahanga yose abahora izina ryanjye” (Mat. 24:9). Ubwo rero, tugomba gukomeza kunga ubumwe kugira ngo twihanganire ibigeragezo abatwanga baduteza. Nitubigenza dutyo, Satani ntazatuma ducikamo ibice, kubera ko tuzaba dukundana cyane.—Fili. 2:1, 2. w23.11 13 par. 18-19
Ku wa Gatanu, tariki ya 26 Ukuboza
Turi abakozi bakorana n’Imana.—1 Kor. 3:9.
Ukuri ko mu Ijambo ry’Imana gufite imbaraga zidasanzwe. Iyo twigishije abantu ibyerekeye Yehova n’imico ye, twibonera ibintu bishimishije cyane. Abantu bagenda bareka kwemera ibinyoma bya Satani, maze bagatangira kwibonera imico myiza ya Yehova. Iyo bamenye ko afite imbaraga nyinshi, baratangara cyane (Yes. 40:26). Bitoza kumwizera kubera ko arangwa n’ubutabera (Guteg. 32:4). Kumenya ko Imana ifite ubwenge bwinshi cyane bibagirira akamaro (Yes. 55:9; Rom. 11:33). Nanone iyo bamenye ko irangwa n’urukundo, birabahumuriza (1 Yoh. 4:8). Gahoro gahoro baba incuti zayo, kandi ibyo bituma biringira ko bazabaho iteka. Dufite umurimo ushimishije wo gufasha abantu kuba incuti za Yehova. Iyo tuwukoze, Yehova abona ko turi “abakozi bakorana” na we.—1 Kor. 3:5. w24.02 12 par. 15