-
Inyigisho ziva ku Mana zihanganye n’inyigisho z’abadayimoniUmunara w’Umurinzi—1994 | 1 Ukuboza
-
-
6. Ni gute Satani yashidikanyije ineza ya Yehova hamwe n’ubutegetsi bwe bw’ikirenga?
6 Ariko kandi, Satani yavuze ibirenze ibyo. Yakomeje agira ati “kuko Imana izi yuko ku munsi mwaziriyeho, amaso yanyu azahweza, mugahindurwa nk’Imana, mukamenya icyiza n’ikibi.” Dukurikije amagambo ya Satani, Yehova Imana—we wari wahaye ababyeyi bacu ba mbere ibyiza byinshi—yashakaga kubakinga ikintu cyiza bihebuje. Yashakaga kubabuza kumera nk’Imana. Bityo rero, Satani yashidikanyije ineza y’Imana. Nanone kandi, yatumye habaho kwifuza guhaza irari no kugandira amategeko y’Imana nkana, avuga ko kubigenza batyo byashoboraga kubagirira umumaro. Mu by’ukuri, Satani yashidikanyije ubutware bw’ikirenga Imana yari ifite ku biremwa Byayo, yihandagaza avuga ko Imana itari ifite uburenganzira bwo gushyira imipaka ku bikorwa by’abantu.
7. Ni ryari inyigisho z’abadayimoni zumvikanye bwa mbere, kandi bimeze bite muri iki gihe?
7 Kumva iby’inyigisho z’abadayimoni byatangiranye n’ayo magambo ya Satani. Na n’ubu, izo nyigisho mbi ziracyakomeza gushyigikira amahame nk’ayo atubahisha Imana. Nk’uko yabigenje mu busitani bwa Edeni, Satani, yunganiwe n’ibindi biremwa by’umwuka byigometse, aracyakomeza gushidikanya uburenganzira bw’Imana bwo gushyiraho amahame agenga imyifatire. Akomeje gushidikanya ubutware bw’ikirenga bwa Yehova, kandi agerageza koshya abantu kugira ngo bagandire Umubyeyi wabo wo mu ijuru.—1 Yohana 3:8, 10.
-
-
Inyigisho ziva ku Mana zihanganye n’inyigisho z’abadayimoniUmunara w’Umurinzi—1994 | 1 Ukuboza
-
-
13. Ni ibihe binyoma Satani yagiye akwirakwiza mu bantu kuva muri Edeni?
13 Imbere ya Eva, Satani yashinje Yehova ibinyoma, kandi avuga ko kutumvira Umuremyi byari gutuma abantu bamera nk’imana. Ubuhenebere burangwa mu bantu muri iki gihe, bugaragaza ko umunyabinyoma yari Satani, aho kuba Yehova. Nta bwo abantu bigeze baba imana! Icyakora, Satani yakomeje icyo kinyoma cya mbere yifashishije ibindi. Yadukanye igitekerezo cy’uko ubugingo bw’umuntu budapfa. Bityo, yashyize imbere y’abantu icyizere cy’uko bashoboraga kumera nk’Imana mu bundi buryo. Hanyuma, yishingikirije kuri izo nyigisho z’ibinyoma, yakwirakwije inyigisho z’umuriro utazima, purugatori, ubupfumu, no gusenga abakurambere. Na n’ubu, ibyo binyoma biracyaheranye za miriyoni amagana z’abantu mu bubata.—Gutegekwa 18:9-13.
-
-
Inyigisho ziva ku Mana zihanganye n’inyigisho z’abadayimoniUmunara w’Umurinzi—1994 | 1 Ukuboza
-
-
16. Ni izihe ngaruka zirambye zatewe n’uko abantu bashatse kwishingikiriza ku bwenge bwabo?
16 Binyuriye ku binyoma bye, Satani yateye Adamu na Eva inkunga yo gushaka kutagengwa n’Imana no kwishingikiriza ku bwenge bwabo bwite. Muri iki gihe, tubona ingaruka zirambye z’iyo myifatire zigaragarira ku bwicanyi, mu bibazo by’ubukungu, intambara, hamwe n’ubusumbane bukabije buri mu isi ya none. Ntibitangaje rero kuba Bibiliya ivuga iti ‘ubwenge bw’iyi si ni ubupfu ku Mana’ (1 Abakorinto 3:19)! Nyamara kandi, abantu benshi bagira ubupfu bwo guhitamo kubabara, aho kwita ku nyigisho za Yehova (Zaburi 14:1-3; 107:17). Abakristo bemera inyigisho ziva ku Mana, birinda kugwa muri uwo mutego.
-