-
Ukwizera k’umwami kugororerwaUbuhanuzi bwa Yesaya—Umucyo ku bantu bose I
-
-
28. Ni irihe kosa Hezekiya yakoze nyuma y’aho akiriye indwara ye mu buryo bw’igitangaza?
28 N’ubwo Hezekiya yari indahemuka, yari umuntu udatunganye. Nyuma y’aho Yehova amukirije yakoze ikosa rikomeye. Yesaya yaravuze ati “icyo gihe Merodaki Baladani mwene Baradani umwami w’i Babuloni yoherereza Hezekiya inzandiko n’amaturo, kuko yari yumvise uko Hezekiya yarwaye agakira. Maze Hezekiya yakira intumwa ze anezerewe, azimurikira inzu y’ububiko bwe yose yabikagamo ibintu bye by’igiciro cyinshi, ifeza n’izahabu n’imibavu n’amavuta y’igiciro cyinshi, n’inzu ibikwamo intwaro zo kurwanisha, n’iby’ubutunzi byabonekaga mu nzu ye byose. Nta kintu na kimwe cyo mu nzu ye cyangwa mu gihugu cye cyose, Hezekiya atazeretse.”—Yesaya 39:1, 2.b
29. (a) Ni iki cyaba cyarateye Hezekiya kwereka intumwa zari zivuye i Babuloni ubutunzi bwe bwose? (b) Iryo kosa Hezekiya yakoze ryari kuzagira izihe ngaruka?
29 Ndetse na nyuma y’uko Yehova anesha Abashuri bikomeye, bakomeje kubuza amahwemo andi mahanga harimo na Babuloni. Hezekiya rero agomba kuba yarashakaga kwereka umwami wa Babuloni ko atari umuntu woroshye, ko bashoboraga kuzagirana amasezerano yo gutabarana. Ariko rero, Yehova ntiyashakaga ko Abayuda bifatanya n’abanzi babo; yashakaga ko ari we wenyine biringira! Binyuriye ku muhanuzi Yesaya, Yehova yahishuriye Hezekiya uko byari kuzamugendekera agira ati “igihe kizaza ibiri mu nzu yawe byose, n’ibyo ba sogokuruza babitse kugeza ubu bizajyanwe i Babuloni, nta kintu kizasigara . . . Kandi abahungu bawe uzibyarira mu nda yawe bazabajyana, babagire inkone zo kuba mu nzu y’umwami w’i Babuloni” (Yesaya 39:3-7). Abo bantu Hezekiya yashakaga kwiyemeraho amaherezo ni bo bari kunyaga ubwo butunzi bwose bwa Yerusalemu maze abaturage baho bakabagira imbata. Kuba Hezekiya yareretse Abanyababuloni ubutunzi bwe byatumye barushaho kuburarikira.
30. Hezekiya yagaragaje ate imyifatire myiza?
30 Uko bigaragara, mu 2 Ngoma 32:26 havuga kuri iryo kosa Hezekiya yakoze yereka Abanyababuloni ubutunzi bwe hagira hati “Hezekiya abibonye yicisha bugufi yihana ubwibone bwo mu mutima we, ubwe n’abaturage b’i Yerusalemu, bituma uburakari bw’Uwiteka butabageraho ku ngoma ya Hezekiya.”
-
-
Ukwizera k’umwami kugororerwaUbuhanuzi bwa Yesaya—Umucyo ku bantu bose I
-
-
b Senakeribu amaze gutsindwa, ibihugu byari bituranye n’u Buyuda byazaniye Hezekiya amaturo y’izahabu, ifeza n’ibindi bintu byinshi by’igiciro. Mu 2 Ngoma 32:22, 23, 27 hagira hati “Hezekiya yari atunze cyane ari umunyacyubahiro cyinshi” kandi “bituma yogezwa imbere y’amahanga yose.” Izo mpano zishobora kuba zaratumye yongera kuzuza inzu yabikagamo ibintu by’igiciro kuko yari yarayisizemo ubusa igihe yasoreraga Abashuri.
-