-
“Nimuhumurize abantu banjye”Ubuhanuzi bwa Yesaya—Umucyo ku bantu bose I
-
-
12, 13. (a) Kuki Abisirayeli bashoboraga kwiringira isezerano ry’uko bari kuzasubira mu gihugu cyabo? (b) Ni iyihe nkuru yari nziza ku Bayahudi bari mu bunyage, kandi se kuki bashoboraga kugira icyizere?
12 Yesaya yatanze indi mpamvu yagombaga gutuma Abisirayeli biringira amasezerano y’uko bari kuzasubira iwabo. Imana yatanze ayo masezerano, ni Imana y’inyambaraga yita ku bantu bayo mu buryo bwuje urukundo. Yesaya yakomeje agira ati “yewe wumvisha i Siyoni inkuru z’ibyiza zamuka umusozi muremure, yewe wumvisha i Yerusalemu inkuru z’ibyiza rangurura ijwi ryawe cyane, rirangurure witinya ubwire imidugudu y’i Buyuda uti ‘dore Imana yanyu.’ Dore umwami Imana izaza ari intwari, kandi ukuboko kwayo kuzayitegekera. Dore izanye ingororano, kandi inyiturano zayo ziyiri imbere. Izaragira umukumbi wayo nk’umushumba, izateraniriza abana b’intama mu maboko ibaterurire mu gituza, kandi izonsa izazigenza neza.”—Yesaya 40:9-11.
13 Mu bihe bya Bibiliya, hariho umuco w’uko abagore bishimira gutsinda barangurura amajwi cyangwa baririmba inkuru nziza zaturutse ku rugamba cyangwa se bishimira ko bagiye guhumurizwa (1 Samweli 18:6, 7; Zaburi 68:12). Yesaya rero yahanuraga ko hari inkuru nziza ku Bayahudi bari mu bunyage, inkuru nziza bashoboraga kwamamaza hose nta gutinya, yemwe bakanayitangariza mu mpinga z’imisozi, y’uko Yehova yari kuzasubiza ubwoko bwe muri Yerusalemu bwakundaga cyane! Bagombaga kubyiringira, kuko Yehova yari ‘kuzaza ari intwari.’ Nta kintu rero cyari kumubuza gusohoza isezerano rye.
-
-
“Nimuhumurize abantu banjye”Ubuhanuzi bwa Yesaya—Umucyo ku bantu bose I
-
-
15. (a) Ni ryari Yehova yaje “ari intwari,” kandi se, ‘ukuboko kumutegekera’ ni nde? (b) Ni iyihe nkuru nziza tugomba kwamamaza dushize amanga?
15 Ayo magambo ya Yesaya arimo ubuhanuzi burebana n’iki gihe cyacu. Mu mwaka wa 1914, Yehova yaje “ari intwari” yimika Ubwami bwe mu ijuru. ‘Ukuboko kumutegekera’ ni Yesu Kristo, uwo Yehova yashyize ku ntebe y’ubwami bwo mu ijuru. Mu mwaka wa 1919, Yehova yakuye abagaragu be basizwe bari ku isi mu bubata bwa Babuloni Ikomeye, atangira kugarura ugusenga kutanduye kw’Imana nzima kandi y’ukuri. Iyo rero ni inkuru nziza igomba kwamamazwa nta gutinya, mbese nk’aho umuntu yaba avugira mu mpinga y’umusozi kugira ngo igere kure cyane. Nimucyo rero turangurure amajwi tumenyeshe abandi dushize amanga ko Yehova yagaruye ku isi ugusenga kutanduye!
-