-
“Nimuhumurize abantu banjye”Ubuhanuzi bwa Yesaya—Umucyo ku bantu bose I
-
-
12, 13. (a) Kuki Abisirayeli bashoboraga kwiringira isezerano ry’uko bari kuzasubira mu gihugu cyabo? (b) Ni iyihe nkuru yari nziza ku Bayahudi bari mu bunyage, kandi se kuki bashoboraga kugira icyizere?
12 Yesaya yatanze indi mpamvu yagombaga gutuma Abisirayeli biringira amasezerano y’uko bari kuzasubira iwabo. Imana yatanze ayo masezerano, ni Imana y’inyambaraga yita ku bantu bayo mu buryo bwuje urukundo. Yesaya yakomeje agira ati “yewe wumvisha i Siyoni inkuru z’ibyiza zamuka umusozi muremure, yewe wumvisha i Yerusalemu inkuru z’ibyiza rangurura ijwi ryawe cyane, rirangurure witinya ubwire imidugudu y’i Buyuda uti ‘dore Imana yanyu.’ Dore umwami Imana izaza ari intwari, kandi ukuboko kwayo kuzayitegekera. Dore izanye ingororano, kandi inyiturano zayo ziyiri imbere. Izaragira umukumbi wayo nk’umushumba, izateraniriza abana b’intama mu maboko ibaterurire mu gituza, kandi izonsa izazigenza neza.”—Yesaya 40:9-11.
-
-
“Nimuhumurize abantu banjye”Ubuhanuzi bwa Yesaya—Umucyo ku bantu bose I
-
-
[Agasanduku/Ifoto yo ku ipaji ya 404, 405]
Yehova, umwungeri wuje urukundo
Yesaya yagereranyije Yehova n’umwungeri wuje urukundo uterurira intama ze mu gituza cye (Yesaya 40:10, 11). Uko bigaragara, urwo rugero rwiza cyane Yesaya yarutanze ahereye ku bintu abungeri bari basanzwe bakora. Hari umuntu wo muri iki gihe witegereje abungeri bari ku Musozi wa Herumoni uri mu Burasirazuba bwo Hagati aravuga ati ‘buri mwungeri yabaga ari hafi y’intama ze areba ko nta kibazo zifite. Iyo yabonaga akana kavutse, yagashyiraga mu mwitero we, kuko katashoboraga gukurikira nyina. Iyo mu gituza cye huzuraga, yafataga utundi akaduterera ku bitugu, akagenda adufashe amaboko n’amaguru, cyangwa se akajya aduheka ku ndogobe turi mu gatebo kugeza igihe tuzashobora gukurikira za nyina.’ Mbese si ibintu bihumuriza kumenya ko dukorera Imana yita ku bagize ubwoko bwayo bene ako kageni?
-