-
“Jyewe Yehova Imana yawe ngufashe ukuboko kw’iburyo”Umunara w’Umurinzi—2012 | 1 Mutarama
-
-
“Jyewe Yehova Imana yawe ngufashe ukuboko kw’iburyo”
IYO umubyeyi n’umuhungu we bagiye kwambuka umuhanda urimo imodoka nyinshi, aramubwira ati “mfata ukuboko.” Kubera ko uwo mubyeyi aba afashe udutoki tw’uwo mwana mu kiganza cye kandi akomeje, uwo mwana yumva afite umutekano, nta cyo yikanga. Ese nawe igihe wari uhanganye n’ibibazo bikomeye, wigeze wifuza umuntu wagufata ukuboko akakuyobora? Niba byarakubayeho, ushobora guhumurizwa n’amagambo yanditswe n’umuhanuzi Yesaya.—Soma muri Yesaya 41:10, 13.
Ayo magambo Yesaya yayabwiraga Abisirayeli. Nubwo Imana yabonaga ko Abisirayeli bari ‘umutungo wayo bwite,’ bari bakikijwe n’abanzi (Kuva 19:5). Ese ibyo byaba byaratumaga Abisirayeli bagira ubwoba? Yehova yakoresheje Yesaya kugira ngo abagezeho ubutumwa bubahumuriza. Mu gihe dusuzuma ayo amagambo yababwiye, tuzirikane ko areba n’abantu basenga Imana muri iki gihe.—Abaroma 15:4.
-
-
“Jyewe Yehova Imana yawe ngufashe ukuboko kw’iburyo”Umunara w’Umurinzi—2012 | 1 Mutarama
-
-
Ni iki Yehova asezeranya abamusenga muri iki gihe? Yaravuze ati ‘nzabaramiza ukuboko kwanjye kw’iburyo gukiranuka’ (umurongo wa 10). Nanone yarababwiye ati “jyewe Yehova Imana yawe ngufashe ukuboko kw’iburyo” (umurongo wa 13). Utekereza iki iyo wumvise ayo magambo? Hari igitabo kimwe cyavuze kiti “iyo usuzumye iyo mirongo yombi, uhita wumva igitekerezo cy’imishyikirano iri hagati y’umubyeyi n’umwana. Se w’umwana ntaba yihagarariye gusa ategereje ko havuka ikibazo ngo abone kurinda umwana we, ahubwo aba amuri iruhande; ntiyemera ko hagira ikibatandukanya.” Ngaho tekereza nawe, Yehova ntazemera ko hagira ikimutandukanya n’ubwoko bwe, ndetse nubwo byaba bisa n’aho ubuzima bwabo buri mu kaga.—Abaheburayo 13:5, 6.
-