-
“Uwo natoranije umutima wanjye ukamwishimira”Ubuhanuzi bwa Yesaya—Umucyo ku bantu bose II
-
-
13. Ni iki Yehova yahanuye ku birebana n’Umugaragu yitoranyirije?
13 Yesaya yakomeje agira ati “umva uko Imana Uwiteka ivuze, iyaremye ijuru ikaribamba, iyarambuye isi n’ibiyivamo, abayituramo ikabaha umwuka kandi abayigendaho ikabaha ubugingo” (Yesaya 42:5). Mbega amagambo ahambaye yavuzwe kuri Yehova, Umuremyi! Ayo magambo atwibutsa ububasha bwa Yehova atuma ibyo yavuze birushaho kugira uburemere. Yehova yaravuze ati “Jyewe Uwiteka naguhamagariye gukiranuka, nzagufata ukuboko, nzakurinda nguhe kuba isezerano ry’abantu no kuba umucyo uvira abanyamahanga, no guhumūra impumyi, ukabohora imbohe ugakura ababa mu mwijima mu nzu y’imbohe.”—Yesaya 42:6, 7.
-
-
“Uwo natoranije umutima wanjye ukamwishimira”Ubuhanuzi bwa Yesaya—Umucyo ku bantu bose II
-
-
15, 16. Ni mu buhe buryo Yesu yabaye “umucyo uvira abanyamahanga”?
15 Kubera ko Umugaragu wasezeranyijwe ari “umucyo uvira abanyamahanga,” azahumura “impumyi” kandi abohore imbohe ‘ziri mu mwijima.’ Kandi koko Yesu yarabikoze. Binyuriye mu guhamya ukuri, Yesu yahesheje ikuzo izina rya Se wo mu ijuru (Yohana 17:4, 6). Yashyize ahabona ibinyoma by’amadini, abwiriza ubutumwa bwiza bw’Ubwami, kandi afasha abari mu bubata bw’idini ry’ikinyoma kubona umudendezo wo mu buryo bw’umwuka (Matayo 15:3-9; Luka 4:43; Yohana 18:37). Yaburiye abantu ngo bareke gukora ibikorwa by’umwijima kandi agaragaza ko Satani ari “se w’ibinyoma” n’‘umutware w’iyi si.’—Yohana 3:19-21; 8:44; 16:11.
16 Yesu yaravuze ati “ni jye mucyo w’isi” (Yohana 8:12). Ibyo yabigaragaje mu buryo buhebuje igihe yatangaga ubuzima bwe butunganye ho incungu. Bityo yahaye abizera bose uburyo bwo kubabarirwa ibyaha byabo, kugirana imishyikirano myiza n’Imana, no kugira ibyiringiro by’ubuzima bw’iteka (Matayo 20:28; Yohana 3:16). Kuba Yesu yarakomeje kuba indahemuka ku Mana ubuzima bwe bwose, byagaragaje ko ashyigikiye ubutegetsi bw’ikirenga bwa Yehova, binagaragaza ko Satani ari umubeshyi. Mu by’ukuri Yesu ni we wari guhumura impumyi, akanabohora abantu bari mu mwijima wo mu buryo bw’umwuka.
-