-
“Muri abagabo bo guhamya ibyanjye”!Ubuhanuzi bwa Yesaya—Umucyo ku bantu bose II
-
-
11. Ni uwuhe murimo Yehova yahaye umugaragu we, kandi se ni iki Yehova yavuze ku birebana no kuba ari Imana nyamana?
11 Kubera ko izo mana z’ibinyoma nta cyo zari zishoboreye, ntizashoboraga gutanga abagabo. Ku bw’ibyo, zakozwe n’ikimwaro kubera ko imyanya igenewe abagabo yakomeje kubamo ubusa. Yehova noneho ni we wari utahiwe kugaragaza ko ari Imana nyamana. Yarebye ubwoko bwe maze aravuga ati ‘mwebwe n’umugaragu wanjye natoranije muri abagabo bo guhamya ibyanjye, kugira ngo mumenye, munyizere, munyitegereze ko ari jye. Nta mana yambanjirije kubaho, kandi nta yizamperuka. Jyewe, jye ubwanjye ni jyewe Uwiteka [“Yehova,” “NW”], kandi nta wundi mukiza utari jyewe. Ni jye wabwirije iby’agakiza kandi ndakiza, ndabigaragaza kandi muri mwe nta yindi mana yahabaye, ni cyo gituma muri abagabo bo kumpamya ko ari jyewe Mana. Kandi koko uhereye aho umucyo wabereyeho ndi we, nta wubasha gutesha ukuboko kwanjye. Ubwo nzakora umurimo ni nde uzankoma mu nkokora?’—Yesaya 43:10-13.
12, 13. (a) Ni ibihe bihamya byinshi cyane ubwoko bwa Yehova bwatanze? (b) Ni gute izina rya Yehova ryaje kwamamara muri iki gihe?
12 Yehova amaze kuvuga ayo magambo, abagabo bahise bisukiranya mu myanya yari ibateganyirijwe bishimye cyane. Ibihamya batangaga byarumvikanaga kandi nta washoboraga kubishidikanyaho. Kimwe na Yosuwa, bahamyaga ko ‘ibyo Uwiteka yasezeranyije byose byasohoye. Nta na kimwe cyabuze’ (Yosuwa 23:14). Ubwoko bwa Yehova bwari bucyibuka amagambo yavuzwe na Yesaya, Yeremiya, Ezekiyeli n’abandi bahanuzi bose bahanuye ko u Buyuda bwari kuzajyanwa mu bunyage kandi ko bwari kubohorwa mu buryo bw’igitangaza (Yeremiya 25:11, 12). Ndetse na Kuro wari kuzabubohora yari yaravuzwe izina ataraganya no kuvuka!—Yesaya 44:26–45:1.
13 Uhereye se kuri ibyo bihamya byose, ni nde wakwihandagaza avuga ko Yehova atari we Mana y’ukuri yonyine? Yehova nta ho ahuriye n’imana z’abapagani kuko ari we wenyine utararemwe; ni we Mana y’ukuri yonyine.a Ku bw’ibyo rero, ubwoko bwitirirwa izina rya Yehova bwari bufite inshingano yihariye kandi ishishikaje yo kumenyesha ibikorwa bye bihebuje ab’igihe kizaza, ndetse n’abandi bashakaga kumenya ibimwerekeye (Zaburi 78:5-7). Abahamya ba Yehova bo muri iki gihe na bo bafite inshingano yo kwamamaza izina rya Yehova mu isi yose. Mu myaka ya za 20, ni bwo Abigishwa ba Bibiliya basobanukiwe kurushaho icyo izina ry’Imana Yehova risobanura. Hanyuma ku itariki ya 26 Nyakanga 1931 mu ikoraniro ryabereye i Columbus, Ohio, Joseph F. Rutherford icyo gihe wari perezida w’umuryango wa Watchtower yagejeje ku bari bateraniye aho bose icyemezo gishya cyari cyafashwe cyari gifite umutwe uvuga ngo “Izina rishya.” Abari bateraniye aho bashimishijwe cyane n’amagambo yavuze, agira ati “turifuza kumenyekana no kwitwa izina Abahamya ba Yehova.” Icyo cyemezo bacyakiriye vuba bavuga mu ijwi riranguruye ngo “Yego!” Kuva icyo gihe izina rya Yehova ryamamaye mu isi yose.—Yeremiya 16:21.
-
-
“Muri abagabo bo guhamya ibyanjye”!Ubuhanuzi bwa Yesaya—Umucyo ku bantu bose II
-
-
a Mu migani y’imihimbano y’amahanga, ibigirwamana byinshi biba “byarabyawe” bifite n’ “abana.”
-