-
“Muri abagabo bo guhamya ibyanjye”!Ubuhanuzi bwa Yesaya—Umucyo ku bantu bose II
-
-
11. Ni uwuhe murimo Yehova yahaye umugaragu we, kandi se ni iki Yehova yavuze ku birebana no kuba ari Imana nyamana?
11 Kubera ko izo mana z’ibinyoma nta cyo zari zishoboreye, ntizashoboraga gutanga abagabo. Ku bw’ibyo, zakozwe n’ikimwaro kubera ko imyanya igenewe abagabo yakomeje kubamo ubusa. Yehova noneho ni we wari utahiwe kugaragaza ko ari Imana nyamana. Yarebye ubwoko bwe maze aravuga ati ‘mwebwe n’umugaragu wanjye natoranije muri abagabo bo guhamya ibyanjye, kugira ngo mumenye, munyizere, munyitegereze ko ari jye. Nta mana yambanjirije kubaho, kandi nta yizamperuka. Jyewe, jye ubwanjye ni jyewe Uwiteka [“Yehova,” “NW”], kandi nta wundi mukiza utari jyewe. Ni jye wabwirije iby’agakiza kandi ndakiza, ndabigaragaza kandi muri mwe nta yindi mana yahabaye, ni cyo gituma muri abagabo bo kumpamya ko ari jyewe Mana. Kandi koko uhereye aho umucyo wabereyeho ndi we, nta wubasha gutesha ukuboko kwanjye. Ubwo nzakora umurimo ni nde uzankoma mu nkokora?’—Yesaya 43:10-13.
-
-
“Muri abagabo bo guhamya ibyanjye”!Ubuhanuzi bwa Yesaya—Umucyo ku bantu bose II
-
-
14. Ni iki Yehova yibukije Abisirayeli, kandi se kuki byari bikwiriye?
14 Yehova yita ku bantu bitirirwa izina rye kandi bakaryubahisha, akababona nk’ “imboni y’ijisho rye.” Yabyibukije Abisirayeli ababwira ukuntu yababohoye akabakura mu Misiri maze akabacisha mu butayu nta kibakozeho (Gutegeka 32:10, 12). Icyo gihe nta mana y’amahanga n’imwe yari ibarimo kuko bari biboneye n’amaso yabo ukuntu imana zose zo mu Misiri zacishijwe bugufi cyane. Ni koko, imana zose z’Abanyamisiri ntizashoboye kurinda Misiri cyangwa ngo zibuze Abisirayeli gutaha (Kuva 12:12). Mu buryo nk’ubwo, na Babuloni yari ikomeye, yari ifite umujyi urimo insengero nibura nka 50 z’ibigirwamana, ntiyari gushobora gukoma mu nkokora Ishoborabyose igihe yari kubohora ubwoko bwayo. Birumvikana rwose ko “nta wundi mukiza” utari Yehova.
-