-
Irimbuka riteye ubwoba ry’idini ry’ikinyoma ryerekanwa mbere y’igiheUbuhanuzi bwa Yesaya—Umucyo ku bantu bose II
-
-
12. Kuki Babuloni yiswe “uwihaye kwinezeza”?
12 Yehova yaravuze ati “nuko rero umva ibi yewe uwihaye kwinezeza, ukicara udabagira, ukibwira mu mutima uti ‘ni jye uriho nta wundi, sinzaba umupfakazi kandi sinzapfusha abana’ ” (Yesaya 47:8). Babuloni yari izwiho kuba yarakundaga kwinezeza cyane. Umuhanga mu by’amateka witwa Hérodote wabayeho mu kinyejana cya gatanu M.I.C. yavuze ku “muhango ugayitse kuruta iyindi yose” Abanyababuloni bari bafite, ari wo w’uko abagore bose basabwaga gukora uburaya bahesha ikuzo imanakazi yabo y’urukundo. Undi muhanga mu by’amateka wa kera witwa Curtius na we yaravuze ati “abatuye muri uwo mujyi bari bafite ingeso mbi bikabije; icyo bakoraga cyose cyabaga kigamije kubyutsa irari riganisha ku bwiyandarike.”
13. Ni mu buhe buryo gukunda ibinezeza kwa Babuloni byari gutebutsa kugwa kwayo?
13 Kuba Babuloni yari yaratwawe no kwinezeza byari gutebutsa kugwa kwayo. Ku munsi wari kubanziriza kugwa kwayo, umwami wayo n’abategetsi be bakuru bari kuba bari mu birori, banywa basinze. Bityo ntibari kumenya ko ingabo z’Abamedi n’Abaperesi zari zagabye igitero muri uwo murwa (Daniyeli 5:1-4). Aho yari kuba ‘yicaye yidabagiriye’ yari kumva ko inkuta zayo zasaga n’izidashobora kumenerwamo n’uruhavu rwayo byari gutuma itaneshwa. Yibwiraga ko ‘nta wundi uriho’ wari kuzigera ujya mu mwanya wayo w’ubutegetsi ukomeye. Ntiyiyumvishaga ko yashoboraga guhinduka “umupfakazi,” ikabura umwanya wayo wo kuba umutegetsi w’igihangange kandi igapfusha “abana” cyangwa abaturage bayo. Ariko rero, nta rukuta rwari kuyirinda ukuboko kwa Yehova Imana ko guhora. Nyuma yaho Yehova yaravuze ati “naho i Babuloni hazamuka hakajya ejuru kandi naho hakomeza ibihome byo gukomera kwaho, nyamara abarimbuzi banturutseho bazahatera.”—Yeremiya 51:53.
-
-
Irimbuka riteye ubwoba ry’idini ry’ikinyoma ryerekanwa mbere y’igiheUbuhanuzi bwa Yesaya—Umucyo ku bantu bose II
-
-
Babuloni yakundaga ibinezeza yari gucishwa bugufi ikagera mu mukungugu
[Ifoto yo ku ipaji ya 114]
-