-
“Igihe cyo kwemererwamo”Ubuhanuzi bwa Yesaya—Umucyo ku bantu bose II
-
-
6. Ni mu buhe buryo akanwa ka Mesiya kari kameze nk’inkota ityaye, kandi se ni mu buhe buryo yahishwe?
6 Amagambo y’ubuhanuzi ya Mesiya akomeza agira ati “akanwa kanjye yagahinduye nk’inkota ityaye, ampisha mu gicucu cy’ukuboko kwe kandi ampinduye umwambi usennye, mu kirimba cye ni mo andindira rwose” (Yesaya 49:2). Ubwo igihe cyari kigeze mu mwaka wa 29 I.C. kugira ngo Mesiya washyizweho na Yehova atangire umurimo we wo ku isi, amagambo n’ibikorwa bye byari bimeze koko nk’inkota ityaye kandi isennye yashoboraga gucengera mu mitima y’ababaga bamuteze amatwi (Luka 4:31, 32). Amagambo n’ibikorwa bye byatumye umwanzi ukomeye wa Yehova ari we Satani n’abambari be bamurakarira. Kuva Yesu akivuka, Satani yashakishije uko yamuhitana, ariko Yesu yari ameze nk’umwambi uhishe mu kirimba cya Yehova.a Yashoboraga kwiringira adashidikanya ko Se azamurinda (Zaburi 91:1; Luka 1:35). Ubwo igihe cyagenwe cyari kigeze, Yesu yatanze ubuzima bwe ku bw’abantu. Ariko igihe kizagera ubwo azaza ari ingabo ikomeye yo mu ijuru yambariye urugamba mu bundi buryo, afite inkota ityaye mu kanwa ke. Muri icyo gihe, iyo nkota ityaye izaba ishushanya ububasha Yesu afite bwo gucira abanzi ba Yehova urubanza no kurusohoza.—Ibyahishuwe 1:16.
-
-
“Igihe cyo kwemererwamo”Ubuhanuzi bwa Yesaya—Umucyo ku bantu bose II
-
-
a “Satani yari azi nta gushidikanya ko Yesu ari we Mwana w’Imana wahanuwe ko yari kuzamukomeretsa umutwe (Itang 3:15), bituma akora uko ashoboye kose kugira ngo amurimbure. Ariko rero, igihe marayika Gaburiyeli yamenyeshaga Mariya iby’isamwa rya Yesu, yaramubwiye ati ‘umwuka wera uzakuzaho, n’imbaraga z’Isumbabyose zizagukingiriza, ni cyo gituma Uwera uzavuka azitwa Umwana w’Imana’ (Luka 1:35). Yehova yarinze Umwana we. Imihati Satani yashyizeho ashaka kurimbura Yesu igihe yari akiri umwana nta cyo yagezeho.”—Reba igitabo Étude perspicace des Écritures, Umubumbe wa 2 ku ipaji ya 902, cyanditswe n’Abahamya ba Yehova.
-