-
“Yehova . . . ni Uwera, ni Uwera, ni Uwera”Umunara w’Umurinzi—2011 | 1 Ukuboza
-
-
ESE hagize ugusaba guhitamo ijambo wakoresha ushaka kuvuga uko Yehova Imana ateye, watoranya irihe? Mu kinyejana cya munani Mbere ya Yesu, umuhanuzi Yesaya yeretswe ibiremwa by’umwuka bisingiza Yehova bivuga ikintu cy’ingenzi kimuranga, bivuga ko ari uwera. Ibyo Yesaya yabonye kandi yumvise byagombye gutuma turushaho kubaha Yehova kandi bigatuma tumwegera. Mu gihe turi bube dusuzuma amagambo ari muri Yesaya 6:1-3, gerageza kumera nk’aho wari uhari.
-
-
“Yehova . . . ni Uwera, ni Uwera, ni Uwera”Umunara w’Umurinzi—2011 | 1 Ukuboza
-
-
Yesaya ntiyatangajwe gusa n’ibyo yabonye, ahubwo yanatangajwe n’ibyo yumvise. Abaserafi bagize umutwe w’abaririmbyi wo mu ijuru, bazamuye amajwi yabo batangira kuririmba. Yesaya yaranditse ati “umwe yahamagaraga undi akamubwira ati ‘Yehova nyir’ingabo ni uwera, ni uwera, ni uwera’” (umurongo wa 3). Ijambo ry’igiheburayo ryahinduwemo “uwera” risobanura kutandura no kutagira ikizinga. Nanone iryo jambo ryumvikanisha “kugira umudendezo wo gukora icyo ushaka cyose, ariko ukitandukanya n’ikibi.” Birashoboka ko muri iyo ndirimbo abaserafi baririmbaga bakuranwa, basubiyemo ijambo “uwera” incuro eshatu zose bumvikanisha ko Yehova ari uwera mu rugero ruhanitse (Ibyahishuwe 4:8). Ubwo rero, kuba Yehova ari uwera ni kimwe mu bigaragaza uko ateye. Uko byagenda kose Yehova arera bihebuje, ntagira ikizinga kandi nta kibi kimurangwaho.
-