-
Abanyamahanga bakoraniye mu nzu y’Imana yo gusengeramoUbuhanuzi bwa Yesaya—Umucyo ku bantu bose II
-
-
Ihumure ku munyamahanga n’inkone
6. Ni ayahe matsinda abiri yari agiye kwitabwaho?
6 Yehova noneho yavuze iby’amatsinda abiri y’abantu bashakaga kumukorera ariko ukurikije Amategeko ya Mose bakaba batari bakwiriye kugera mu iteraniro ry’Abayahudi. Dusoma ngo “umunyamahanga uhakwa ku Uwiteka ye kuvuga ati ‘Uwiteka ntazabura kuntandukanya n’ubwoko bwe.’ Kandi n’inkone ye kuvuga iti ‘dore ndi igiti cyumye’ ” (Yesaya 56:3). Umunyamahanga yatinyaga ko azavanwa muri Isirayeli. Inkone yo yari ihangayikishijwe n’uko itazigera igira abana bazayizungura. Ayo matsinda yombi ntiyagombaga gukomeza kwiheba. Mbere y’uko tureba impamvu, reka tubanze turebe uko bafatwaga mu gihe cy’Amategeko ubagereranyije n’abari bagize ishyanga rya Isirayeli.
7. Ni iyihe mipaka Amategeko yashyiriragaho abanyamahanga babaga muri Isirayeli?
7 Abanyamahanga batakebwe ntibagombaga kwifatanya n’Abisirayeli muri gahunda yo gusenga. Urugero, ntibemererwaga kurya ku bya Pasika (Kuva 12:43). Abanyamahanga baticaga ku bushake amategeko yakurikizwaga mu gihugu bararenganurwaga kandi bakakirwa mu Bisirayeli, ariko ntibafatwaga kimwe n’Abisirayeli kavukire. Birumvikana ko hari bamwe bemeye gukurikiza Amategeko yose uko yakabaye bakabigaragaza bakebwa. Abo bitwaga abanyamahanga bari barahindukiriye idini rya Kiyahudi, bemererwaga gusengera mu rugo rw’inzu ya Yehova kandi bakabonwa ko bari bagize iteraniro rya Isirayeli (Abalewi 17:10-14; 20:2; 24:22). Ariko rero, ndetse n’abanyamahanga babaga barahindukiriye idini rya Kiyahudi ntibifatanyaga mu buryo bwuzuye mu byasabwaga n’isezerano Yehova yari yaragiranye n’Abisirayeli, kandi nta na gakondo bagiraga mu Gihugu cy’Isezerano. Hari abandi bantu b’abanyamahanga bashoboraga gusenga berekeye aho urusengero rwari ruri, kandi uko bigaragara bashoboraga no gutamba ibitambo binyuriye ku batambyi, igihe cyose ibitambo byabo byabaga byemewe n’Amategeko (Abalewi 22:25; 1 Abami 8:41-43). Ariko rero, Abisirayeli ntibagombaga kugirana na bo imishyikirano ya bugufi.
Inkone zihabwa izina rihoraho
8. (a) Mu gihe cy’Amategeko inkone zabonwaga zite? (b) Inkone zakoreshwaga iyihe mirimo mu bihugu by’abapagani, kandi se ijambo “inkone” rishobora rimwe na rimwe kwerekeza ku ki?
8 Inkone ntizabarwaga mu Bisirayeli kabone n’iyo zabaga zarabyawe n’Abayahudi (Gutegeka 23:1)a. Inkone zabaga mu bihugu bimwe na bimwe by’amahanga bivugwa muri Bibiliya zahabwaga imirimo yihariye, kandi ibyo bihugu byagiraga umuco wo gukona bamwe mu bana bafatwagaho iminyago mu ntambara. Inkone zahabwaga imirimo ikomeye ibwami. Umuntu w’inkone yashoboraga kuba “umurinzi w’abagore,” ‘umurinzi w’inshoreke,’ cyangwa umukozi w’umwamikazi (Esiteri 2:3, 12-15; 4:4-6, 9). Nta kigaragaza ko Abisirayeli bakurikizaga uwo muco, cyangwa se ko abami b’Abisirayeli bashakaga inkone kugira ngo zibakorere.b
9. Ni ayahe magambo ahumuriza Yehova yabwiye inkone nyankone?
9 Ikigeretse ku kuba inkone zitarashoboraga kwifatanya mu buryo bwuzuye muri gahunda yo gusenga Imana y’ukuri, muri Isirayeli inkone nyankone zanagiraga ikimwaro cyinshi bitewe no kuba zitarashoboraga kubyara abana bari kuzatuma izina ry’umuryango ridasibangana. Ku bw’ibyo se, mbega ukuntu amagambo y’ubwo buhanuzi yakurikiyeho yazihumurizaga! Dusoma ngo ‘Uwiteka aravuga ati “iby’inkone zeza amasabato yanjye, zigahitamo ibyo nishimira zigakomeza isezerano ryanjye, nzazishyirira urwibutso mu nzu yanjye no mu rurembo rwanjye, nzihe n’izina riruta kugira abahungu n’abakobwa. Nzaziha izina rizahoraho ritazakurwaho.” ’—Yesaya 56:4, 5.
-
-
Abanyamahanga bakoraniye mu nzu y’Imana yo gusengeramoUbuhanuzi bwa Yesaya—Umucyo ku bantu bose II
-
-
a Izina “inkone” ryaje no kujya rihabwa umukozi mukuru w’ibwami utari inkone nyankone. Kubera ko Umunyetiyopiya wabatijwe na Filipo asa n’aho yari umunyamahanga wari warahindukiriye idini rya Kiyahudi, akaba yarabatijwe mbere y’uko abanyamahanga batakebwe bemerwa, agomba kuba yari inkone muri ubwo buryo bwavuzwe haruguru.—Ibyakozwe 8:27-39.
b Ebedimeleki wakijije Yeremiya kandi wari ufite uburenganzira bwo guhita abonana n’Umwami Sedekiya, yiswe inkone. Ibyo bishobora kuba byerekeza ku kuba yari afite umwanya ukomeye ibwami aho kwerekeza ku kuba yari inkone nyankone.—Yeremiya 38:7-13.
-