-
Ugusenga k’ukuri kurakwira isi yoseUbuhanuzi bwa Yesaya—Umucyo ku bantu bose II
-
-
13. Muri iki gihe, “abahungu” n’“abakobwa” ni bande, kandi se “ubutunzi bw’amahanga” bwo ni bande?
13 Mbega ukuntu muri Yesaya 60:4-9 hagaragaza neza ibyo kwaguka ko mu rwego rw’isi yose, byatangiye kuva igihe “umugore” wa Yehova yatangiraga kurabagiranisha umucyo mu mwijima wo muri iyi si! Habanje kuza “abahungu” n’“abakobwa” ba Siyoni yo mu ijuru, ababaye Abakristo basizwe. Mu mwaka wa 1931, bafashe ku mugaragaro izina ry’Abahamya ba Yehova. Hanyuma, igicu cy’abantu bicisha bugufi, ni ukuvuga “ubutunzi bw’amahanga” n’“ubwinshi bw’ibiturutse mu nyanja,” bihutishwaga no kujya kwifatanya n’abasigaye bo mu bavandimwe ba Kristo.b Muri iki gihe, abo bagaragu ba Yehova bose baturuka imihanda yose, bo mu nzego zitandukanye z’imibereho, bifatanyiriza hamwe na Isirayeli y’Imana mu gusingiza Umwami w’Ikirenga Yehova, no guhesha ikuzo izina rye kuko riruta andi mazina yose yo mu isi no mu ijuru.
-
-
Ugusenga k’ukuri kurakwira isi yoseUbuhanuzi bwa Yesaya—Umucyo ku bantu bose II
-
-
b N’ubwo mbere y’umwaka wa 1930 Abakristo bafite ibyiringiro byo kuzaba mu isi bakoranaga umwete bifatanyije na Isirayeli y’Imana, umubare wabo watangiye kwiyongera mu buryo bugaragara mu myaka ya za 30.
-