-
Ugusenga k’ukuri kurakwira isi yoseUbuhanuzi bwa Yesaya—Umucyo ku bantu bose II
-
-
11, 12. (a) Ni iki “umugore” yabonye igihe yarebaga iburengerazuba? (b) Kuki abantu benshi bihutiraga kujya i Yerusalemu?
11 Yehova noneho yasabye wa “mugore” kureba iburengerazuba, maze aramubaza ati “aba ni bande baguruka nk’igicu, bakamera nk’inuma zisubira mu madirishya yazo?” Yehova yishubirije icyo kibazo agira ati “ibirwa bizantegereza, n’inkuge z’i Tarushishi ni zo zizabanza kuzana abahungu bawe zibakura kure, bazanye ifeza n’izahabu byabo ku bw’izina ry’Uwiteka Imana yawe, Uwera wa Isirayeli kuko yakubahirije.”—Yesaya 60:8, 9.
12 Sa n’utekereza ko wari uhagararanye n’uwo “mugore”, maze ukareba ahagana iburengerazuba hakurya y’Inyanja Nini. Urahabona iki? Urahabona igicu kirimo utudomo twinshi tw’umweru tureremba hejuru y’amazi. Turasa n’inyoni, ariko uko tugenda twigira hafi uje gusanga ari amato yafunguye imyenda ifasha ubwato kugenda. Yari aturutse “kure”a (Yesaya 49:12). Amato menshi cyane yarihutaga yerekeza i Siyoni, ku buryo yari ameze nk’uruhuri rw’inuma zitahutse. Kuki ayo mato yihutaga cyane? Yifuzaga cyane kugezayo abasenga Yehova yari akuye ku myaro ya kure. Koko rero, abari baje bose, ni ukuvuga Abisirayeli n’abanyamahanga, baturutse iburasirazuba n’iburengerazuba, mu bihugu bya hafi n’ibya kure, bihutiraga kujya i Yerusalemu kugira ngo begurire ibyabo byose izina rya Yehova, Imana yabo.—Yesaya 55:5.
-
-
Ugusenga k’ukuri kurakwira isi yoseUbuhanuzi bwa Yesaya—Umucyo ku bantu bose II
-
-
a Tarushishi igomba kuba yari ahitwa muri Hisipaniya muri iki gihe. Ariko rero, dukurikije uko ibitabo bimwe bibivuga, imvugo ngo “inkuge z’i Tarushishi” yerekeza ku bwoko bw’amato‘manini yagendaga mu nyanja,’ ‘yashoboraga kugera i Tarushishi,’ ni ukuvuga amato yabaga ashoboye gukora ingendo ndende ajya ku myaro ya kure.—1 Abami 22:48.
-