-
“Izina rishya”Ubuhanuzi bwa Yesaya—Umucyo ku bantu bose II
-
-
“Izina rishya” ryahimbwe na Yehova
6. Ni iki Yehova yateganyaga gukorera Siyoni?
6 Ni iki Yehova yateganyaga gukorera Siyoni, “umugore” we wo mu ijuru wari uhagarariwe na Yerusalemu ya kera? Yaravuze ati “nuko amahanga azabona gukiranuka kwawe [wa mugore we], n’abami bose bazabona icyubahiro cyawe, maze uzitwa izina rishya rihimbwe n’Uwiteka” (Yesaya 62:2). Iyo Abisirayeli bakoraga ibihuje no gukiranuka, amahanga byanze bikunze yabonaga ibyo bakora. Ndetse n’abami bahatirwaga kwemera ko Yehova akoresha Yerusalemu, kandi ko ubutegetsi bwabo ubwo ari bwo bwose nta ho bwari buhuriye n’Ubwami bwa Yehova.—Yesaya 49:23.
7. Izina rishya rya Siyoni risobanura iki?
7 Icyo gihe Yehova yagaragaje ko imimerere Siyoni yarimo mbere yari yahindutse, ayiha izina rishya. Iryo zina rishya ryasobanuraga imigisha n’icyubahiro abana ba Siyoni bo ku isi bahawe kuva mu wa 537 M.I.C.a Rigaragaza ko Yehova yemeraga ko Siyoni ari iye. Muri iki gihe, Isirayeli y’Imana inezezwa cyane no kuba Yehova ayishimira atyo, kandi izindi ntama na zo zishimana na yo.
-
-
“Izina rishya”Ubuhanuzi bwa Yesaya—Umucyo ku bantu bose II
-
-
a Mu buhanuzi bwo muri Bibiliya, “izina rishya” rishobora kwerekezwa ku mwanya mushya cyangwa ku nshingano nshya.—Ibyahishuwe 2:17; 3:12.
-