-
Yehova yihesha izina ry’icyubahiroUbuhanuzi bwa Yesaya—Umucyo ku bantu bose II
-
-
11. (a) Ni iyihe mpamvu yatumye Yehova azana “umunsi wo guhoreramo inzigo”? (b) “Abantu bacunguwe” mu gihe cya kera ni bande, kandi se muri iki gihe bwo ni bande?
11 Yehova yakomeje asobanura impamvu ari we wikoreye uwo murimo agira ati “nari naragambiriye umunsi wo guhoreramo inzigo, none n’umwaka wo gucungura abantu banjye na wo uratashye” (Yesaya 63:4).b Yehova ni we wenyine ufite uburenganzira bwo guhora inzigo abantu bagirira nabi ubwoko bwe (Gutegeka 32:35). Mu bihe bya kera, ‘abantu bacunguwe’ bari Abayahudi bari barakandamijwe n’Abanyababuloni (Yesaya 35:10; 43:1; 48:20). Muri iki gihe, ni abasigaye basizwe (Ibyahishuwe 12:17). Kimwe na bagenzi babo bo mu gihe cya kera, baracunguwe bakurwa mu bubata bwa kidini. Ikindi kandi, kimwe n’abo Bayahudi, abasizwe hamwe n’abagize “izindi ntama” baratotejwe kandi bararwanywa (Yohana 10:16). Ku bw’ibyo rero, ubuhanuzi bwa Yesaya butuma Abakristo bo muri iki gihe biringira badashidikanya ko igihe Imana yagennye nikigera izabarwanirira.
-
-
Yehova yihesha izina ry’icyubahiroUbuhanuzi bwa Yesaya—Umucyo ku bantu bose II
-
-
b Imvugo ngo “umwaka wo gucungura abantu banjye” n’“umunsi wo guhoreramo inzigo” zishobora kuba zerekeza ku gihe kimwe. Reba ukuntu muri Yesaya 34:8 hakoreshejwe imvugo zisa n’izo, zombi zikaba zerekeza ku kintu kimwe.
-