-
Yehova yihesha izina ry’icyubahiroUbuhanuzi bwa Yesaya—Umucyo ku bantu bose II
-
-
19, 20. Ni ibihe bintu Abayahudi bibutse, kandi se kuki?
19 Mu gihe bari bahanganye n’imibabaro, Abayahudi bamwe na bamwe batekereje ku bya kera. Yesaya yaravuze ati ‘yibuka ibya kera, yibuka Mose n’abantu be ati “Uwabazamuranye n’abungeri b’intama ze, akabakura mu nyanja agiye he? Uwabashyizemo umwuka we wera ari he? Ni nde watumye ukuboko kwe kw’icyubahiro kugenda iruhande rw’iburyo rwa Mose, agatandukanya amazi imbere yabo akihesha izina rihoraho, akabanyuza imuhengeri nk’amafarashi anyura mu butayu, ntibasitare? Nk’uko inka zinyura mu gikombe, ni ko umwuka w’Uwiteka wabaruhuraga.”’—Yesaya 63:11-14a.d
20 Koko rero, igihe Abayahudi bagerwagaho n’ingaruka zo kutumvira kwabo bifuje cyane imimerere barimo igihe Yehova yari Umukiza wabo aho kuba umwanzi wabo. Bibutse ukuntu “abungeri” babo, Mose na Aroni babambukije Inyanja Itukura (Zaburi 77:21; Yesaya 51:10). Bibutse igihe aho kubabaza umwuka w’Imana bayoborwaga na wo binyuriye ku buyobozi bwa Mose n’ubw’abandi bakuru bari barashyizweho n’umwuka (Kubara 11:16, 17). Bibutse kandi ukuntu binyuriye kuri Mose Yehova yabakirishije ‘ukuboko [kwe] kw’icyubahiro’ kw’imbaraga! Hashize igihe gito nyuma yaho, Yehova yabanyujije mu butayu bunini buteye ubwoba abajyana mu gihugu gitemba amata n’ubuki, ahantu rwose ho kuruhukira (Gutegeka 1:19; Yosuwa 5:6; 22:4). Noneho ariko, Abisirayeli bari mu kaga bazira ko batari bagifitanye imishyikirano myiza n’Imana!
-
-
Yehova yihesha izina ry’icyubahiroUbuhanuzi bwa Yesaya—Umucyo ku bantu bose II
-
-
d Kuba iyo mirongo itangizwa n’amagambo ngo “yibuka ibya kera” ntibishatse kuvuga byanze bikunze ko Yehova ari we wabyibutse. Amagambo akurikiraho agaragaza ibyari mu mitima y’ubwoko bw’Imana, ntagaragaza ibyo Yehova yatekerezaga. Bibiliya Ntagatifu yahinduye ayo magambo ngo “nuko bibuka ibyabaye kera.”
-