-
“Nimuze dusubize ibintu mu buryo”Ubuhanuzi bwa Yesaya—Umucyo ku bantu bose I
-
-
9, 10. Isuku ifite agaciro kangana iki muri gahunda yacu yo gusenga Yehova?
9 Icyakora, Yehova, Imana igira impuhwe, yarahinduye noneho avuga mu ijwi risusurutse kandi ryinginga. Yagize ati “nimwiyuhagire mwiboneze, mukureho ibyaha byo mu mirimo yanyu bive imbere yanjye, mureke gukora nabi. Mwige gukora neza, mushake imanza zitabera, murenganure abarengana [“mugorore abakandamiza abandi,” “NW”], mucire impfubyi urubanza, muburanire abapfakazi” (Yesaya 1:16, 17). Aha ngaha, turabona uruhererekane rw’ibintu icyenda bya ngombwa basabwaga gukora. Bine bya mbere bivuga ibihereranye no kwiyezaho ibyaha; bitanu bya nyuma bikaba ari ibikorwa by’ingirakamaro bishobora gutuma umuntu ahabwa imigisha na Yehova.
10 Igihe cyose, kwiyuhagira no kugira isuku byakomeje kuba ibintu by’ingenzi cyane bigize ugusenga kutanduye (Kuva 19:10, 11; 30:20; 2 Abakorinto 7:1). Ariko kandi, Yehova ashaka ko abamusenga bagira isuku ndetse no mu mitima yabo. Kugira isuku mu buryo bw’umwuka no mu bihereranye n’umuco ni byo by’ingenzi cyane, kandi ibyo ni byo Yehova yashakaga kuvuga. Kuba amategeko abiri ya mbere avugwa ku murongo wa 16 ajya gusa, si uburyo bwo gusubira mu magambo gusa. Hari Umuheburayo w’intiti mu kibonezamvugo wavuze ko itegeko rya mbere rivuga ngo “nimwiyuhagire,” ryerekeza ku gikorwa cya mbere cyo kwisukura, naho irya kabiri rivuga ngo “mwiboneze” rikaba ryerekeza ku mihati yari gushyirwaho, kugira ngo bakomeze kugira isuku ntibongere kwandura.
11. Ni iki twakora ngo turwanye icyaha, kandi se ni iki tutagombye no kurota dukora?
11 Nta kintu na kimwe dushobora gukinga Yehova (Yobu 34:22; Imigani 15:3; Abaheburayo 4:13). Bityo rero, itegeko rye rigira riti “mukureho ibyaha byo mu mirimo yanyu bive imbere yanjye,” nta kindi risobanura kitari uko tugomba kuzibukira ibibi. Ibyo bivuga ko tutagomba kugerageza guhisha ibyaha bikomeye, kuko no kubihisha ubwabyo ari icyaha. Mu Migani 28:13 hatanga umuburo ugira uti “uhisha ibicumuro bye ntazagubwa neza, ariko ubyatura akabireka azababarirwa.”
-
-
“Nimuze dusubize ibintu mu buryo”Ubuhanuzi bwa Yesaya—Umucyo ku bantu bose I
-
-
14. Ni ubuhe butumwa buteye inkunga bukubiye muri Yesaya 1:16, 17?
14 Mbega ubutumwa bukomeye kandi buteye inkunga Yehova yatanze binyuriye kuri ibyo bintu uko ari icyenda! Rimwe na rimwe, abantu baguye mu cyaha batekereza ko badashobora rwose kuzongera gukora ibyiza. Imitekerereze nk’iyo ntitera inkunga. Ikindi kandi, irakocamye. Yehova azi ko ashobora gufasha umunyabyaha uwo ari we wese akava mu byaha bye, agahindukira maze agakora ibyiza; kandi yifuza ko natwe tubimenya.
-