-
Bigenda bite iyo umuntu apfuye?Ishimire Ubuzima Iteka Ryose—Amasomo Yagufasha Kwiga Bibiliya
-
-
2. Kumenya ukuri ku birebana n’urupfu bidufitiye akahe kamaro?
Abantu benshi batinya urupfu bagatinya n’abapfuye. Ariko ibyo Bibiliya ivuga ku birebana n’urupfu bishobora kuguhumuriza. Yesu yaravuze ati ‘ukuri kuzababatura’ (Yohana 8:32). Bibiliya ntiyigisha ko iyo umuntu apfuye ubugingo bukomeza kubaho, nk’uko amadini amwe abyigisha. Ubwo rero, iyo umuntu apfuye ntababara. Nanone, abapfuye ntibashobora kutugirira nabi kuko nta cyo baba bazi. Ni yo mpamvu tutagomba kugira ibyo dukora tugamije kubagusha neza cyangwa ngo tubiyambaze. Nanone ntitugomba gusenga tubasabira.
Hari abavuga ko bashobora kuvugana n’abapfuye. Ariko ibyo ntibishoboka. Nk’uko twabibonye, ‘abapfuye nta cyo bazi.’ Abatekereza ko bavugana n’abapfuye, mu by’ukuri bashobora kuba bavugana n’abadayimoni biyoberanya, bakigira nka ba bantu bapfuye. Ubwo rero, kumenya ukuri ku birebana n’urupfu biturinda abadayimoni. Yehova yatubwiye ko tugomba kwirinda kuvugana n’abapfuye, kuko azi ko kuvugana n’abadayimoni byatugiraho ingaruka.—Soma mu Gutegeka kwa Kabiri 18:10-12.
-
-
Bigenda bite iyo umuntu apfuye?Ishimire Ubuzima Iteka Ryose—Amasomo Yagufasha Kwiga Bibiliya
-
-
4. Kumenya ukuri ku birebana n’urupfu bidufitiye akamaro
Kumenya ukuri ku birebana n’urupfu bituma tudatinya abapfuye. Musome mu Mubwiriza 9:10, hanyuma muganire ku kibazo gikurikira:
Ese abapfuye bashobora kutugirira nabi?
Nanone kumenya ukuri ko muri Bibiliya, bituma tutemera ikinyoma kivuga ko tugomba kugusha neza abapfuye cyangwa kubiyambaza. Musome muri Yesaya 8:19 no mu Byahishuwe 4:11, hanyuma muganire ku kibazo gikurikira:
Utekereza ko Yehova abona ate abantu biyambaza abapfuye kugira ngo babafashe?
-