-
Yehova yacishije bugufi umurwa warangwaga n’ubwiboneUbuhanuzi bwa Yesaya—Umucyo ku bantu bose I
-
-
Igikoresho Imana yari kwifashisha mu kurimbura
10. Ni nde Yehova yari gukoresha mu kurimbura Babuloni?
10 Ni ubuhe butegetsi Yehova yari kwifashisha mu kurimbura Babuloni? We ubwe yatanze igisubizo cy’icyo kibazo imyaka igera kuri 200 mbere y’aho. Yagize ati “dore nzabateza Abamedi, ntibazita ku ifeza, kabone n’izahabu ntizabanezeza. Abanyamiheto bazavunagura abasore, ntibazababarira urubyaro rwabo, ntibazagirira imbabazi n’abana babo batoya. Kandi i Babuloni ari ho cyubahiro cy’amahanga y’abami, ari ho bwiza bw’ubwibone bw’Abakaludaya, hazamera nk’uko Imana yarimburaga i Sodomu n’i Gomora” (Yesaya 13:17-19). Babuloni y’agatangaza yari kugwa, kandi ingabo ziturutse kure, mu gihugu cy’Abamedi cy’imisozi miremirea ni zo Yehova yari gukoresha mu kuyirimbura. Amaherezo, Babuloni yari guhinduka umusaka, nk’uko byagendekeye imidugudu ya Sodomu na Gomora yarangwaga n’ubusambanyi bw’akahebwe.—Itangiriro 13:13; 19:13, 24.
-
-
Yehova yacishije bugufi umurwa warangwaga n’ubwiboneUbuhanuzi bwa Yesaya—Umucyo ku bantu bose I
-
-
11, 12. (a) Ni gute u Bumedi bwaje kuba ubutegetsi bw’igihangange bw’isi? (b) Ni iki kidasanzwe ubuhanuzi bwavuze ku ngabo z’Abamedi?
11 Mu gihe cya Yesaya, igihugu cy’u Bumedi n’icya Babuloni byatwarwaga na Ashuri. Hashize imyaka igera ku ijana nyuma y’aho, ni ukuvuga mu mwaka wa 632 M.I.C., u Bumedi na Babuloni byishyize hamwe maze binesha Nineve, umurwa mukuru wa Ashuri. Ibyo byatumye Babuloni iba ubutegetsi bw’igihangange bw’isi. Ntiyari izi ko nyuma y’imyaka igera ku 100 u Bumedi bwari kuyirimbura! Ni nde wundi utari Yehova Imana washoboraga kuvuga ubuhanuzi nk’ubwo mu buryo burangwa n’ubutwari?
12 Igihe Yehova yagaragazaga igikoresho yari kuzifashisha mu kurimbura, yavuze ko ingabo z’Abamedi ‘zitari kwita ku ifeza, kabone n’izahabu ntizari kubanezeza.’ Mbega umuco udasanzwe ku basirikare bazobereye mu by’intambara! Intiti mu bya Bibiliya yitwa Albert Barnes yagize iti “mu by’ukuri, abasirikare bake gusa ni bo bagiye bagaba ibitero batagamije gufata iminyago.” Mbese ingabo z’Abamedi zagaragaje ko Yehova yavuze ukuri mu birebana n’ibyo? Yego rwose. Iyumvire nawe ibyavuzwe mu gitabo kimwe cyagize kiti “mu buryo bunyuranye n’uko bimeze ku yandi mahanga menshi yarwanye intambara, Abamedi, ariko cyane cyane Abaperesi, kunesha no guhabwa icyubahiro ni byo bashyiraga imbere y’izahabu”b (The Bible-Work, cyanditswe na J. Glentworth Butler). Iyo tuzirikanye icyo kintu, dusanga bidatangaje kuba igihe umutegetsi w’u Buperesi, ari we Kuro, yabohoraga Abisirayeli akabavana mu bunyage i Babuloni, yarabashubije ibikoresho byinshi by’izahabu n’ifeza, ibyo Nebukadinezari yari yarasahuye mu rusengero rw’i Yerusalemu.—Ezira 1:7-11.
13, 14. (a) N’ubwo abasirikare b’Abamedi n’Abaperesi batashishikazwaga no gufata iminyago, ni iki cyabashishikazaga? (b) Ni gute Kuro yanesheje inzitizi Babuloni yiratanaga?
13 N’ubwo abasirikare b’Abamedi n’Abaperesi batakundaga iminyago, bari bafite ibyo bararikiye. Ntibifuzaga ko hagira irindi shyanga iryo ari ryo ryose ribasumba mu isi yose. Byongeye kandi, Yehova yabashyizemo igitekerezo cyo ‘kurimbura’ (Yesaya 13:6). Ku bw’ibyo, biyemeje kwigarurira Babuloni bifashishije imiheto yabo yari ikomeye cyane barashishaga imyambi ‘bakayivunaguza’ n’abasirikare b’abanzi bibarutswe n’ababyeyi b’Abanyababuloni.
14 Umuyobozi w’ingabo z’Abamedi n’Abaperesi, ari we Kuro, ntiyaciwe intege n’inkike zari zigose Babuloni. Mu ijoro ryo ku wa 5 rishyira uwa 6 Ukwakira 539 M.I.C., yategetse ingabo ze kuyobya amazi y’Uruzi rwa Ufurate. Amazi amaze kugabanuka, abasirikare bayanyuzemo abagera mu bibero, maze binjira mu murwa rwihishwa. Abaturage b’i Babuloni baguwe gitumo, Babuloni iba ifashwe ityo (Daniyeli 5:30). Yehova Imana yahumekeye Yesaya kugira ngo ahanure ibyo bintu, bikaba byemeza mu buryo budasubirwaho ko ari We wari ubiyoboye.
-
-
Yehova yacishije bugufi umurwa warangwaga n’ubwiboneUbuhanuzi bwa Yesaya—Umucyo ku bantu bose I
-
-
a Yesaya yavuze Abamedi bonyine, ariko hari ibindi bihugu byari kubafasha kurwanya Babuloni, urugero nk’u Buperesi, Elamu n’utundi duhugu duto duto (Yeremiya 50:9; 51:24, 27, 28). Ibihugu byo hafi aho byitaga Abamedi n’Abaperesi “Abamedi.” Ikindi kandi, mu gihe cya Yesaya, ubutegetsi bw’Abamedi ni bwo bwari bukomeye. U Buperesi bwakomeye ari uko Kuro yimye.
-
-
Yehova yacishije bugufi umurwa warangwaga n’ubwiboneUbuhanuzi bwa Yesaya—Umucyo ku bantu bose I
-
-
b Icyakora, biragaragara ko nyuma Abamedi n’Abaperesi batangiye gukunda iraha cyane.—Esiteri 1:1-7.
-