-
Urubanza Yehova yaciriye amahangaUbuhanuzi bwa Yesaya—Umucyo ku bantu bose I
-
-
25. Ni iki cyabaye kuri Misiri ya kera cyasohozaga ubuhanuzi buri muri Yesaya 19:1-11?
25 U Buyuda buhana urubibi mu majyepfo na Misiri, umwanzi wa kera w’ubwoko bw’Imana bw’isezerano. Muri Yesaya igice cya 19, hatubwira akaduruvayo kari mu Misiri mu gihe cya Yesaya. Mu Misiri hari intambara, ‘umudugudu urwana n’undi, ubwami bugatera ubundi bwami’ (Yesaya 19:2, 13, 14). Abahanga mu by’amateka bavuga ko hari abami babaga bahanganye bategekaga intara zitandukanye z’icyo gihugu. Ubwenge Abanyamisiri birataga n’‘ibishushanyo byaho n’ubupfumu n’abapfumu,’ ntibyabakijije ukuboko k’‘umutware w’umunyamwaga’ (Yesaya 19:3, 4). Misiri yigaruriwe na Ashuri, Babuloni, u Buperesi, u Bugiriki na Roma. Ibyo byose byasohoje ubuhanuzi buri muri Yesaya 19:1-11.
-
-
Urubanza Yehova yaciriye amahangaUbuhanuzi bwa Yesaya—Umucyo ku bantu bose I
-
-
27. Ni iyihe midugararo yari yarahanuwe ko izaba muri “Egiputa,” kandi se ibyo bisohora bite muri iki gihe?
27 Yehova yahanuye uko bizagenda mu gihe kizabimburira isohozwa ry’urubanza, agira ati “nzateranya Abanyegiputa bisubiranemo umuntu wese arwane na mugenzi we, umuntu arwane n’umuturanyi we. Umudugudu uzarwana n’undi, ubwami buzatera ubundi bwami” (Yesaya 19:2). Kuva Ubwami bw’Imana bwima mu mwaka wa 1914, “ikimenyetso cy’ukubaha kwa [Yesu]” (NW) cyagaragajwe n’ubushyamirane hagati y’amahanga n’intambara hagati y’ubwami n’ubundi. Ubwicanyi bushingiye ku moko, itsembatsemba n’ibyo bita kweza amoko byahitanye abantu babarirwa muri za miriyoni muri iyi minsi y’imperuka. Uko “kuramukwa” kuzarushaho kugenda kubabaza uko imperuka igenda irushaho kwegereza.—Matayo 24:3, 7, 8.
-