-
Tuvane isomo ku bihereranye no kubura ukwizeraUbuhanuzi bwa Yesaya—Umucyo ku bantu bose I
-
-
19, 20. (a) Ni mu buhe buryo Eliyakimu yari kugirira akamaro abagize ubwoko bwe? (b) Abantu bari bishingikirije kuri Shebuna byari kuzabagendekera bite?
19 Hanyuma, Yehova yakoresheje imvugo y’ikigereranyo avuga ukuntu yari kwambura Shebuna ububasha akabuha Eliyakimu. Yaravuze ati “nzamushimangira nk’umusumari ahantu hakomeye, azabera inzu ya se intebe y’icyubahiro. Maze bazamujishaho icyubahiro cy’inzu ya se cyose, urubyaro rwe na bene wabo ndetse n’ibintu bitoya byose, uhereye ku bikombe ukageza ku bicuma byose. Uwiteka Nyiringabo aravuga ati ‘ariko uwo munsi uwo musumari washimangiwe ahantu hakomeye, uzakuka kandi uzatemwa ugwe, umutwaro wari ujishweho uzacibwa, kuko Uwiteka abivuze.’”—Yesaya 22:23-25.
20 Muri iyi mirongo, umusumari wa mbere ni Eliyakimu. Yari kubera inzu ya se Hilikiya ‘intebe y’icyubahiro.’ Ntiyari kumera nka Shebuna, ngo akoze isoni inzu ya se. Eliyakimu yari kujishwaho ibikoresho byose byo mu nzu iteka, ni ukuvuga ko yari kuyobora abandi bagaragu b’umwami (2 Timoteyo 2:20, 21). Umusumari wa kabiri wo ni Shebuna. N’ubwo yasaga n’aho atazigera ava kuri uwo mwanya, yari kuzawukurwaho. Abantu bose bari bamwishingikirijeho bari guhirima.
-
-
Tuvane isomo ku bihereranye no kubura ukwizeraUbuhanuzi bwa Yesaya—Umucyo ku bantu bose I
-
-
[Ifoto yo ku ipaji ya 239]
Hezekiya yagize Eliyakimu ‘umusumari uri ahantu hakomeye’
-