-
Mukomeze gutegereza YehovaUbuhanuzi bwa Yesaya—Umucyo ku bantu bose I
-
-
5, 6. (a) Kuki amasezerano Isirayeli yagiranye na Misiri atari kuyisiga amahoro? (b) Ni uruhe rugendo mbere y’aho ubwoko bw’Imana bwari bwarakoze rugaragaza ukuntu gusubira mu Misiri byari ubupfapfa?
5 Kugira ngo hato hatagira uwibeshya ko bagiye mu Misiri bagiye kwitemberera gusa, Yesaya yatanze ibindi bisobanuro. “Ibihanurirwa inyamaswa z’ikusi. Banyura mu gihugu cy’amakuba n’uburibwe, aho intare y’ingore n’iy’ingabo zituruka, hakaba incira n’inzoka ziguruka z’ubumara butwika, bahekesheje ubutunzi bwabo ku migongo y’indogobe nto, bashyize n’ibintu byabo ku mapfupfu y’ingamiya” (Yesaya 30:6a). Biragaragara ko urugendo bari barwiteguye neza. Abatumwe bashatse ingamiya n’indogobe bazikorera ibintu by’igiciro maze berekeza iya Misiri banyuze mu butayu bwari bwuzuye intare zitontoma n’inzoka z’ubumara. Izo ntumwa zagezeyo ziha Abanyamisiri ibyo bintu by’igiciro zari zazanye. Barabaguriye ngo bazabarinde, ni ko bibwiraga. Ariko rero, Yehova we yaravuze ati “babishyira abantu batazabagirira umumaro, kuko imifashirize ya Egiputa ari nta kavuro, kandi nta cyo hamara, ni cyo gituma mpita izina Rahabu wicaye gusa” (Yesaya 30:6b, 7). “Rahabu,” cyangwa se “ikiyoka,” byashushanyaga Misiri (Yesaya 51:9, 10). Yizezaga abantu ibitangaza ariko ntihagire na kimwe akora. Isirayeli yakoze ikosa ritari kuyisiga amahoro igihe isezerana na yo.
6 Igihe rero Yesaya yavugaga iby’urugendo rw’izo ntumwa, abari bamuteze amatwi bagomba kuba baributse urundi rugendo nk’urwo rwakozwe mu gihe cya Mose. Abakurambere babo na bo banyuze muri ubwo ‘butayu bwari buteye ubwoba’ (Gutegeka 8:14-16). Nyamara mu gihe cya Mose bwo, Abisirayeli bari bavuye mu Misiri kandi bavaga mu buretwa. Naho mu gihe cya Yesaya bwo, izo ntumwa zajyaga mu Misiri kandi mu by’ukuri zari zigiye kwishyira mu bubata. Mbega ubupfapfa! Nyamuneka ntituzigere na rimwe dufata umwanzuro mubi nk’uwo ngo tugurane umudendezo wo mu buryo bw’umwuka kwishyira mu bubata!—Gereranya n’Abagalatiya 5:1.
-
-
Mukomeze gutegereza YehovaUbuhanuzi bwa Yesaya—Umucyo ku bantu bose I
-
-
[Amafoto yo ku ipaji ya 305]
Mu gihe cya Mose, Abisirayeli bahunze Egiputa. Mu gihe cya Yesaya bwo, abantu b’i Buyuda bagiye gutabaza Abanyegiputa
-