-
Mukomeze gutegereza YehovaUbuhanuzi bwa Yesaya—Umucyo ku bantu bose I
-
-
17, 18. Ni ubuhe buyobozi Yehova aduha, kabone n’iyo haba ari mu bihe bigoranye?
17 Yesaya yakomeje yibutsa abari bamuteze amatwi amakuba yari abugarije. Abo bantu bari kuzagaburirwa “ibyokurya by’amakuba n’amazi y’agahimano” (Yesaya 30:20a). Igihe bari kuba bagoswe bari guhura n’amakuba kandi bagakandamizwa, bakabimenyera nk’uko umuntu amenyera kurya no kunywa. Ariko n’ubwo byari bimeze bityo, Yehova yari yiteguye kurokora abari bafite imitima itaryarya. “Abakwigishab ntibazongera guhishwa ahubwo amaso yawe azajya areba abakwigisha, kandi nimujya kunyura iburyo cyangwa ibumoso, amatwi yawe azajya yumva ijambo riguturutse inyuma rivuga riti ‘iyi ni yo nzira mube ari yo mukomeza.’”—Yesaya 30:20b, 21.
18 Yehova ni “Umwigisha Mukuru.” Nta wundi mwigisha wamugereranya na we. Ariko se ni gute abantu buntu ‘bamwumva’ cyangwa ‘bakamubona’? Yehova yihishurira abantu akoresheje abahanuzi be, amagambo yabo tukaba tuyasanga muri Bibiliya (Amosi 3:6, 7). Muri iki gihe rero, iyo abantu bizerwa basenga Imana basomye Bibiliya, ni nk’aho ijwi ryayo rya kibyeyi riba ribabwira inzira bakwiriye kunyuramo kandi rikabingingira guhindura imyitwarire yabo kugira ngo bakomeze kuyinyuramo. Buri Mukristo yagombye gutega amatwi yitonze mu gihe Yehova amuvugishiriza mu mapaji ya Bibiliya cyangwa mu bitabo bishingiye kuri Bibiliya byandikwa n’‘umugaragu ukiranuka w’ubwenge’ (Matayo 24:45-47). Nimucyo buri wese muri twe yiyemeze kujya asoma Bibiliya buri gihe, kuko kubigenza gutyo ari byo ‘bugingo bwacu.’—Gutegeka 32:46, 47; Yesaya 48:17.
-
-
Mukomeze gutegereza YehovaUbuhanuzi bwa Yesaya—Umucyo ku bantu bose I
-
-
b Muri Bibiliya ya Traduction du monde nouveau, aha ni ho hantu honyine Yehova yiswe ‘Umwigisha Mukuru.’ Mu mwandiko w’Igiheburayo, Yehova yiswe ‘abakwigisha’ mu bwinshi. Ibyo bigaragaza ukuntu ari umwigisha usumba abandi bose kubera ko iryo jambo rikurikiranye n’inshinga iri mu bumwe.
-