-
Yehova asuka umujinya we ku mahangaUbuhanuzi bwa Yesaya—Umucyo ku bantu bose I
-
-
16, 17. Edomu yari kuzamera ite, kandi se yari kumara igihe kingana iki muri iyo mimerere?
16 Yesaya yakomeje ahanura ko igihugu cya Edomu cyari kuvamo abaturage bacyo kigasigara gituwe n’inyamaswa zo mu gasozi, kikaba amatongo: “kizahora ari amatongo uko ibihe biha ibindi kandi nta wuzakinyuramo iteka ryose. Ahubwo inzoya n’ibinyogote ni byo bizaba byene cyo, ibihunyira n’ibikona na byo bizakibamo. Azahageresha umugozi ari wo mivurungano, na timazi ari yo gusigara ubusa. Bazahamagaza imfura z’icyo gihugu ngo zimike umwami, ariko nta yizaba ihari kandi abatware baho bazaba bahindutse ubusa. Amazu yaho y’inyumba azameramo amahwa, n’ibihome byaho bizameramo ibisura n’ibitovu, hazaba ikutiro ry’ingunzu n’imbuga y’imbuni. Inyamaswa zo mu ishyamba zizahahurira n’amasega, n’ihene y’ibikomo izahamagarana na mugenzi wayo, kandi ibikoko bya nijoro bizahibonera uburuhukiro bihabe. Aho ni ho impiri iziremera icyari itere amagi.”—Yesaya 34:10b-15.a
17 Koko rero, igihugu cya Edomu cyasigayemo ubusa. Cyasigaye gituwe n’inyamaswa zo mu gasozi, inyoni n’inzoka. Umurongo wa 10 uvuga ko cyari kuba amatongo “iteka ryose.” Abanyedomu ntibari kuzagisubiramo.—Obadiya 18.
-
-
Yehova asuka umujinya we ku mahangaUbuhanuzi bwa Yesaya—Umucyo ku bantu bose I
-
-
a Mu gihe cya Malaki, ubwo buhanuzi bwari bwarasohoye (Malaki 1:3). Malaki yavuze ko Abanyedomu bari biringiye ko bazongera gutura mu gihugu cyabo cyabaye amatongo (Malaki 1:4). Icyakora, uko si ko Yehova yabishakaga; kandi nyuma y’aho abitwa Abanyanebayoti ni bo baje gutura icyo gihugu cya Edomu.
-