-
“Nta wundi muntu wigeze avuga nka we”Yesu ni inzira, ukuri n’ubuzima
-
-
Bamwe mu bari bashimishijwe n’inyigisho za Yesu batangiye kuvuga bati “rwose uyu ni we wa Muhanuzi.” Uko bigaragara berekezaga ku muhanuzi ukomeye kuruta Mose. Abandi baravuze bati “uyu ni we Kristo.” Ariko abandi na bo baravuga bati “ese Kristo yaturuka i Galilaya? Ibyanditswe ntibivuga ko Kristo azakomoka mu rubyaro rwa Dawidi kandi agaturuka i Betelehemu mu mudugudu Dawidi yabagamo?”—Yohana 7:40-42.
-
-
“Nta wundi muntu wigeze avuga nka we”Yesu ni inzira, ukuri n’ubuzima
-
-
Ibyanditswe ntibivuga mu buryo bweruye ko hari umuhanuzi wari guturuka i Galilaya. Ariko Ijambo ry’Imana ryagaragaje ko ari ho Kristo yari guturuka, igihe ryahanuraga ko abantu bo muri “Galilaya y’abanyamahanga” bari kuvirwa n’ “umucyo mwinshi” (Yesaya 9:1, 2; Matayo 4:13-17). Nanone nk’uko byari byarahanuwe, Yesu yavukiye i Betelehemu, kandi yakomokaga mu muryango wa Dawidi. Nubwo Abafarisayo bashobora kuba bari babizi, bashobora kuba ari bo bakwirakwizaga ibyinshi mu bitekerezo bikocamye abantu bari bafite ku bihereranye na Yesu.
-