-
‘Sobanura ubyitondeye’‘Hamya iby’ubwami bw’Imana mu buryo bunonosoye’
-
-
‘Yababwirizaga iby’ubwami bw’Imana’ (Ibyak 28:30, 31)
19. Ni mu buhe buryo Pawulo yakoresheje neza igihe cye?
19 Luka asoza inkuru ye avuga amagambo atera inkunga rwose kandi asusurutsa umutima, agira ati “nuko [Pawulo] amara imyaka ibiri yose aba mu nzu yakodeshaga, kandi abazaga kumusura bose yabakiraga abishimiye, akababwiriza iby’Ubwami bw’Imana kandi akabigisha iby’Umwami Yesu Kristo afite ubutwari, nta kintu na kimwe kimubangamiye” (Ibyak 28:30, 31). Mbega ukuntu yatanze urugero rwiza mu birebana no kwakira abashyitsi, kugaragaza ukwizera n’ishyaka!
20, 21. Vuga zimwe mu ngero z’abo umurimo Pawulo yakoreye i Roma wafashije.
20 Umwe muri abo bantu Pawulo yakiranye urugwiro, ni umugaragu w’i Kolosayi witwaga Onesimo wari waratorotse shebuja. Pawulo yafashije Onesimo ahinduka Umukristo, hanyuma Onesimo na we abera Pawulo ‘umuvandimwe we yakundaga kandi wizerwa.’ Pawulo yaravugaga ati “umwana wanjye Onesimo, uwo nabyaye” (Kolo 4:9; File 10-12). Onesimo agomba rwose kuba yarateraga Pawulo inkunga cyane.a
21 Hari n’abandi urugero rwiza Pawulo yatanze rwafashije. Yandikiye Abafilipi ati “ibyambayeho byatumye ubutumwa bwiza butera imbere aho kububera inkomyi, ku buryo ibyanjye byamamaye cyane mu basirikare bose barinda Kayisari no mu bandi bose, ko naboshywe nzira kwizera Kristo. Abavandimwe bari mu Mwami hafi ya bose, ingoyi zanjye zabateye kugira icyizere, none barushaho kugaragaza ubutwari bwo kuvuga ijambo ry’Imana badatinya.”—Fili 1:12-14.
-
-
‘Sobanura ubyitondeye’‘Hamya iby’ubwami bw’Imana mu buryo bunonosoye’
-
-
25, 26. Mu myaka itageze kuri 30, ni ubuhe buhanuzi bushishikaje Pawulo yabonye busohozwa, kandi se ibyo bihuriye he n’ibibaho muri iki gihe?
25 Inkuru ishishikaje yo mu gitabo cy’Ibyakozwe isoza ivuga iby’intumwa ya Kristo yari ifungiwe mu rugo, ‘yabwirizaga iby’ubwami’ abazaga kuyisura bose. Mu gice cya mbere, twasomye ibyerekeye inshingano Yesu yahaye abigishwa be igihe yababwiraga ati “umwuka wera nubazaho muzagira imbaraga, kandi muzambera abahamya i Yerusalemu, i Yudaya n’i Samariya mugere no mu turere twa kure cyane tw’isi” (Ibyak 1:8). None mu gihe kitageze ku myaka 30, ubutumwa bw’Ubwami bwari “bwarabwirijwe mu baremwe bose bari munsi y’ijuru” (Kolo 1:23).d Mbega ukuntu ibyo bigaragaza imbaraga z’umwuka w’Imana!—Zek 4:6.
-