-
Soma Ijambo ry’Imana Kandi Uyikorere mu KuriUmunara w’Umurinzi—1996 | 1 Kamena
-
-
5. Ni iki tugomba gukora kugira ngo tubone ukuri kw’Imana?
5 Ukuri kw’Imana ni ubutunzi butagereranywa. Kugira ngo kuboneke bisaba gucukumbura, gukomeza gushakashaka mu Byanditswe ubutadohoka. Nitumera nk’abana bigishwa n’Umwigisha Mukuru, ni bwo gusa tuzagira ubwenge kandi tukamenya gutinya Yehova mu buryo burangwa no kubaha (Imigani 1:7; Yesaya 30:20, 21). Birumvikana ariko ko tugomba kwiyumvisha ibintu mu buryo buhuje n’Ibyanditswe (1 Petero 2:1, 2). Abayahudi b’i Beroya “bari beza kuruta ab’i Tesalonike, kuko bakīranye ijambo ry’Imana umutima ukunze, bashaka mu byanditswe iminsi yose, kugira ngo bamenye yuko ibyo [ba Pawulo] bababwiye ari iby’ukuri koko.” Aho kugira ngo ab’i Beroya bagawe, bashimiwe kuba barabigenje batyo.—Ibyakozwe 17:10, 11.
-
-
Soma Ijambo ry’Imana Kandi Uyikorere mu KuriUmunara w’Umurinzi—1996 | 1 Kamena
-
-
7. Ni iki kigomba gukorwa kugira ngo umuntu arusheho gusobanukirwa Bibiliya, kandi kuki?
7 Kugira ngo turusheho kumenya Bibiliya, dukeneye kugira ubuyobozi bw’umwuka w’Imana, cyangwa imbaraga rukozi. “Umwuka [u]rondora byose, ndetse n’amayoberane y’Imana” kugira ngo utange ibisobanuro byayo (1 Abakorinto 2:10). Abakristo b’i Tesalonike bagombaga ‘kugerageza byose’ mu buhanuzi ubwo ari bwo bwose babaga bumvise (1 Abatesalonike 5:20, 21). Igihe Pawulo yandikiraga Abatesalonike (ahagana mu wa 50 I. C.), igice cy’Ibyanditswe bya Kigiriki cyari cyaramaze kwandikwa, cyari kigizwe n’Invajiri ya Matayo yonyine. Bityo rero, Abatesalonike n’ab’i Beroya bashoboraga kugerageza byose, uko bigaragara basesengura ubuhinduzi bw’Ikigiriki bw’Ibyanditswe bya Giheburayo bwitwa La Septante. Bagombaga gusoma no kwiga Ibyanditswe, kandi natwe ni uko.
-