-
“Ntabwo higeze kuba umuntu uvuga nka we”Umunara w’Umurinzi—2002 | 1 Nzeri
-
-
6. Tanga urugero rugaragaza ukuntu Yesu yavuze amagambo yoroheje, ariko avuze byinshi.
6 Incuro nyinshi, Yesu yavugaga amagambo yoroheje ariko afite ireme, akoresheje interuro ngufi zumvikana. Nguko uko yandikaga ubutumwa bwe mu bwenge no mu mitima y’ababaga bamuteze amatwi, ku buryo batashoboraga kubwibagirwa. Reka dufate ingero: “ntawe ucyeza abami babiri; ... ntimubasha gukorera Imana n’ubutunzi.” “Ntimugacire abandi urubanza mu mitima yanyu, kugira ngo namwe mutazarucirwa.” “Muzabamenyera ku mbuto zabo.” “Abazima si bo bifuza umuvuzi, keretse abarwayi.” “Abatwara inkota bose bazicwa n’inkota.” “Ibya Kayisari mubihe Kayisari, iby’Imana mubihe Imana.” “Gutanga guhesha umugisha kuruta guhabwa”c (Matayo 6:24; 7:1, 20; 9:12; 26:52; Mariko 12:17; Ibyakozwe 20:35). Kugeza kuri uyu munsi, abantu baracyibuka ayo magambo yavuzwe na Yesu akubiyemo byinshi, nyuma y’imyaka hafi 2.000 ishize.
-
-
“Ntabwo higeze kuba umuntu uvuga nka we”Umunara w’Umurinzi—2002 | 1 Nzeri
-
-
c Intumwa Pawulo ni we wenyine wavuze ayo magambo ya nyuma, aboneka mu Byakozwe 20:35, nubwo igitekerezo kiyumvikanamo kiri no mu yandi Mavanjiri. Pawulo ashobora kuba yari yarayumvise (wenda ayumvanye umwigishwa wumvise Yesu ayavuga cyangwa akaba yari yarayumvanye Yesu wari warazutse) cyangwa akayamenya ayahishuriwe n’Imana.—Ibyakozwe 22:6-15; 1 Abakorinto 15:6, 8.
-