-
“Mwumve ibyo mvuga niregura”‘Hamya iby’ubwami bw’Imana mu buryo bunonosoye’
-
-
11. Ni iyihe nama abasaza bagiriye Pawulo, kandi se kuyumvira byari kuba bikubiyemo iki? (Reba nanone ibisobanuro ahagana hasi ku ipaji.)
11 Bityo rero, nubwo izo mpuha zari ibinyoma byambaye ubusa, zari zarahungabanyije Abayahudi bizeye. Kubera iyo mpamvu, abasaza babwiye Pawulo bati “dufite abagabo bane bashaka gusohoza ibyo basezeranyije Imana. Ujyane n’abo bagabo, ukorane na bo umuhango wo kwiyeza kandi ubishyurire kugira ngo bashobore kwiyogoshesha. Ibyo bizatuma abantu bose bamenya ko impuha bakuvugaho nta shingiro zifite, ahubwo ko ufite imyifatire ikwiriye kandi ko nawe wubahiriza Amategeko.”c—Ibyak 21:23, 24.
12. Pawulo yagaragaje ate ko yashyiraga mu gaciro kandi yari yiteguye gufatanya n’abandi igihe abasaza b’i Yerusalemu bamugiraga inama?
12 Pawulo yashoboraga kujya impaka avuga ko ikibazo nyakuri kitari izo mpuha zimwerekeyeho, ahubwo ko cyari gifitwe n’abo Bayahudi bizeye bari bafite ishyaka ry’Amategeko ya Mose. Ariko yari yiteguye kugira icyo ahindura akumvira inama abo basaza bamugiriye igihe cyose itamusabaga kurenga ku mahame y’Imana. Mbere yaho yari yaranditse ati “ku batwarwa n’amategeko nabaye nk’utwarwa n’amategeko nubwo ntatwarwa n’amategeko, kugira ngo nunguke abatwarwa n’amategeko” (1 Kor 9:20). Kuri icyo kibazo, Pawulo yafatanyije n’abasaza b’i Yerusalemu, maze aba “nk’utwarwa n’amategeko.” Rwose yadusigiye urugero rwiza ku birebana n’uko twafatanya n’abasaza muri iki gihe, ntidutsimbarare ku bitekerezo byacu dushaka gukora ibintu nk’uko tubyumva.—Heb 13:17.
-
-
“Mwumve ibyo mvuga niregura”‘Hamya iby’ubwami bw’Imana mu buryo bunonosoye’
-
-
c Intiti zivuga ko abo bagabo bari barahize umuhigo w’Ubunaziri (Kub 6:1-21). Ni iby’ukuri ko Amategeko ya Mose, ari na yo yagengaga umuhigo nk’uwo, yari yarakuweho. Icyakora, Pawulo ashobora kuba yaratekereje ko bitari kuba ari bibi, abo bagabo bahiguye umuhigo bahigiye Yehova. Ku bw’ibyo rero, ntibyari kuba ari bibi abishyuriye ibyo bari bakeneye kandi akajyana na bo. Ntituzi neza uwo muhigo uwo ari wo, ariko uko waba wari uri kose, Pawulo ntiyigeze ashyigikira gutamba ibitambo by’amatungo (nk’uko Abanaziri babigenzaga), atekereza ko byari gutuma abo bagabo bezwaho icyaha cyabo. Igitambo gitunganye cya Kristo cyari cyaratumye ibyo bitambo bitagira agaciro ko gukuraho ibyaha. Icyo Pawulo yaba yarakoze cyose, dushobora kwiringira tudashidikanya ko atigeze yemera gukora ikintu icyo ari cyo cyose kinyuranyije n’umutimanama we.
-