ISOMERO RYO KURI INTERINETI rya Watchtower
Watchtower
ISOMERO RYO KURI INTERINETI
Ikinyarwanda
  • BIBILIYA
  • IBYASOHOTSE
  • AMATERANIRO
Ibitabo by’ikinyarwanda (1976-2026)
Sohoka
Injira
ISOMERO RYO KURI INTERINETI rya Watchtower
Watchtower
ISOMERO RYO KURI INTERINETI
Muhawe ikaze.
Iri somero rizagufasha gukora ubushakashatsi mu bitabo byo mu ndimi zitandukanye byanditswe n'Abahamya ba Yehova.
Niba wifuza kuvanaho ibitabo, jya kuri jw.org.
Itangazo
Indimi nshya ziboneka: Chedungun (Coast), Dominican Sign Language, French (Canada)
  • Uyu munsi

Ku Cyumweru, tariki ya 13 Nzeri

Ese abageze mu zabukuru si bo bafite ubwenge, kandi se abamaze igihe kirekire babayeho si bo basobanukiwe?—Yobu 12:12.

Twese tuba dukeneye guhabwa amabwiriza kugira ngo dufate imyanzuro ikomeye mu buzima. Ayo mabwiriza dushobora kuyahabwa n’abasaza b’itorero cyangwa abandi Bakristo bakuze mu buryo bw’umwuka. Mu gihe abo bantu baturuta, ntitwagombye guhita twibwira ko inama batugira zidahuje n’igihe. Yehova aba ashaka ko abantu bakuze batwigisha. Imyaka myinshi baba bafite yatumye bamenya ibintu byinshi, barabisobanukirwa kandi bagira ubwenge. Igihe Bibiliya yandikwaga, Yehova yakoresheje abantu bageze mu zabukuru b’indahemuka kugira ngo batere inkunga abagaragu be kandi babahe amabwiriza. Reka dufate urugero rwa Mose, Dawidi n’intumwa Yohana. Babayeho mu bihe bitandukanye kandi imibereho yabo yari itandukanye cyane. Igihe bari hafi gupfa, hari inama bagiriye abakiri bato. Buri wese muri bo yagaragaje akamaro ko kumvira Imana. Twaba tukiri bato cyangwa dukuze, gusuzuma ibyo bavuze bishobora kutugirira akamaro.—Rom. 15:4; 2 Tim. 3:16. w24.11 8 par. 1-2

Dusuzume Ibyanditswe buri munsi—2026

Ku wa Mbere, tariki ya 14 Nzeri

Nimutarya umubiri w’Umwana w’umuntu kandi ngo munywe n’amaraso ye, ntimuzabona ubuzima.—Yoh. 6:53.

Mu gihe cya Nowa Imana yabujije abantu kurya amaraso (Intang. 9:​3, 4). Nyuma yaho Yehova yasubiriyemo Abisirayeli iryo tegeko. Yarababwiye ati: “Umuntu wese uzarya amaraso ‘azicwe’” (Lew. 7:27). Yesu na we yashyigikiye ibyavuzwe muri iryo tegeko (Mat. 5:​17-19). Ubwo rero, Abayahudi ntibiyumvishaga ukuntu yabasaba kurya umubiri we no kunywa amaraso ye.Yesu yakoresheje imvugo y’ikigereranyo nk’uko yabigenje igihe yavuganaga na wa mugore w’Umusamariya. Yaramubwiye ati: ‘Amazi ntanga azatuma umuntu abona ubuzima bw’iteka’ (Yoh. 4:​7, 14). Yesu ntiyabwiraga uwo mugore ko hari iriba yagombaga kuvomamo amazi, maze akabona ubuzima bw’iteka. Icyo gihe rero na bwo, ntiyabwiraga abantu bari i Kaperinawumu ko bagombaga kurya inyama z’umubiri we no kunywa amaraso ye kugira ngo bazabone ubuzima bw’iteka. w24.12 9 par. 4-6

Dusuzume Ibyanditswe buri munsi—2026

Ku wa Kabiri, tariki ya 15 Nzeri

Mutange imibiri yanyu ibe nk’igitambo kizima, cyera kandi cyemerwa n’Imana. Nanone mujye mukoresha ubushobozi bwanyu bwo gutekereza mu gihe muyikorera umurimo wera.—Rom. 12:1.

Abagabo b’Abakristo bagomba kwirinda imitekerereze yo muri iki gihe yo gufata abagore uko batari. Kubera iki? Impamvu ni uko ibyo umuntu atekereza ari byo bigena ibyo akora. Intumwa Pawulo yagiriye inama Abakristo bo mu itorero ry’i Roma agira ati: “Nimureke kwigana abantu bo muri iyi si” (Rom. 12:​1, 2). Igihe Pawulo yandikiraga abo Bakristo b’i Roma, itorero ryaho ryari rimaze igihe rishinzwe. Nubwo byari bimeze bityo ariko, amagambo Pawulo yanditse agaragaza ko hari abantu bo muri iryo torero bari bagikurikiza imigenzo n’imitekerereze y’abantu badasenga Yehova. Iyo ni yo mpamvu yabasabye guhindura imitekerereze yabo n’imyifatire yabo. Iyo nama Pawulo yatanze ireba n’abagabo b’Abakristo muri iki gihe. Ikibabaje ariko, ni uko hari bamwe muri bo bafite imitekerereze y’abantu badasenga Yehova, ndetse bakaba bahohotera abagore babo. w25.01 9 par. 4

Dusuzume Ibyanditswe buri munsi—2026
Muhawe ikaze.
Iri somero rizagufasha gukora ubushakashatsi mu bitabo byo mu ndimi zitandukanye byanditswe n'Abahamya ba Yehova.
Niba wifuza kuvanaho ibitabo, jya kuri jw.org.
  • Ikinyarwanda
  • Yohereze
  • Hitamo
  • Copyright © 2026 Watch Tower Bible and Tract Society of Pennsylvania
  • Amategeko agenga Imikoreshereze
  • Ibijyanye n'ibanga
  • Setingi z'ibijyanye n'ibanga
  • JW.ORG
  • Injira
Yohereze