Ku wa Gatandatu, tariki ya 29 Kanama
Mumenye neza ibintu by’ingenzi kurusha ibindi.—Fili. 1:10.
Tekereza kuri uru rugero: Tuvuge ko uri gushaka akazi kagufasha gutunga umuryango wawe. Hari ahantu habiri bakurangiye akazi. Ugerageje gushaka amakuru yose arebana n’ako kazi, uko gateye, gahunda yako, urugendo uzajya ukora ujyayo cyangwa utaha n’ibindi. Urebye ibyo byose, usanga aho hombi Umukristo yahakora. Ariko wenda uhisemo gukora akazi kamwe kubera ko ari ko ukunda, cyangwa bitewe n’uko uzajya uhembwa amafaranga menshi. Icyakora mbere yo gufata umwanzuro, hari ibindi bintu uba ugomba gutekerezaho. Ese akazi uhisemo, ntikazabangamira gahunda y’amateraniro yo mu itorero ryanyu? Ese ntikazatuma utabona uko wita ku bagize umuryango wawe, kandi ntubone uko ubafasha kuba incuti za Yehova? Kwibaza ibibazo nk’ibyo, bizagufasha kumenya neza “ibintu by’ingenzi kurusha ibindi,” ni ukuvuga gukorera Imana no kwita ku muryango wawe, aho kwibanda ku mafaranga. Nubigenza utyo, uzafata umwanzuro ushimisha Yehova. w25.01 17 par. 11-13
Ku Cyumweru, tariki ya 30 Kanama
Yehova aba hafi y’abantu bababaye.—Zab. 34:18.
Niyo haba hari abantu bagufashe nabi, ushobora kwiringira ko Yehova agukunda kandi ko abona ko ufite agaciro. Ubwo rero niba ufite “agahinda kenshi,” ujye wibuka ko hari imico myiza Yehova yakubonanye, maze agashaka ko uba incuti ye (Yoh. 6:44). Ahora yiteguye kugufasha kubera ko abona ko ufite agaciro. Ibyo Yesu yakoze igihe yari ku isi, bitwereka uko Yehova yiyumva iyo abona abantu bababaye. Yesu yitaga ku bantu basuzugurwaga kandi akabagirira impuhwe (Mat. 9:9-12). Igihe umugore wari urwaye indwara yamubabazaga cyane yakoraga ku mwenda wa Yesu yiringiye ko ari bukire, Yesu yaramuhumurije kandi amushimira ukwizera agaragaje (Mar. 5:25-34). Icyo gihe, Yesu yagaragaje neza imico ya Papa we (Yoh. 14:9). Ubwo rero, izere udashidikanya ko Yehova abona ko ufite agaciro, kandi ko abona imico yawe myiza, harimo ukwizera ugaragaza n’urukundo umukunda. w24.10 7 par. 4-5
Ku wa Mbere, tariki ya 31 Kanama
Ushyire amarira yanjye mu gafuka kawe k’uruhu.—Zab. 56:8.
Mu buzima bwa Dawidi yagiye ahura n’ibibazo byinshi byatumye ababara kandi akarira. Hari abantu benshi bamwangaga, ndetse n’abagize umuryango we n’incuti ze bigeze kumuhemukira (1 Sam. 19:10, 11; 2 Sam. 15:10-14, 30). Hari igihe yanditse ati: “Nanijwe no gutaka. Ndara ndira ijoro ryose, ngatosa uburiri bwanjye. Uburiri bwanjye mbwuzuza amarira” (Zab. 6:6). Nubwo Dawidi yahuye n’ibibazo byinshi, yemeraga adashidikanya ko Yehova amukunda. Yaranditse ati: “Yehova azumva kurira kwanjye” (Zab. 6:8). Amagambo agize isomo ry’uyu munsi agaragaza neza ukuntu Yehova adukunda n’ukuntu atwitaho iyo tubabaye. Dawidi yumvaga ari nkaho Yehova akusanyiriza amarira ye mu icupa cyangwa akayandika mu gitabo. Dawidi yari azi neza ko Yehova abona ibibazo ahanganye na byo, kandi ko yibuka agahinda bimutera. Yari azi ko Papa we wo mu ijuru azi ibibazo byose yahuye na byo kandi akazirikana ingaruka byamugizeho. w24.12 22 par. 11-12