Ku wa Kabiri, tariki ya 1 Nzeri
Mukomeze kwisuzuma murebe niba mugifite ukwizera gukomeye.—2 Kor. 13:5.
Tugomba gukora uko dushoboye, tukaba Abakristo bakuze mu buryo bw’umwuka, kandi tugakomeza gukura, ntidusubire inyuma. Ntitugomba kumva ko twamaze gukura mu buryo bw’umwuka, ku buryo twahagararira aho (1 Kor. 10:12). Ahubwo dukwiriye ‘gukomeza kwisuzuma’ kugira ngo tumenye niba dukomeza kugira amajyambere. Mu ibaruwa intumwa Pawulo yandikiye Abakolosayi, nanone yagaragaje ko tugomba gukomeza gukura mu buryo bw’umwuka. Nubwo abo Bakristo bari bakuze mu buryo bw’umwuka, yabagiriye inama yo gukomeza kuba maso, kugira ngo badashukwa n’imitekerereze y’isi (Kolo. 2:6-10). Nanone Epafura wari uzi neza abagize iryo torero, yahoraga asenga abasabira kugira ngo ‘amaherezo bazahagarare bashikamye kandi buzuye’ cyangwa bakuze mu buryo bw’umwuka (Kolo. 4:12). None se ibyo bitwigisha iki? Ibyo bitwigisha ko kugira ngo dukomeze kuba abantu bakuze mu buryo bw’umwuka, Yehova agomba kudufasha kandi natwe tukagira icyo dukora kugira ngo tubigereho. Ibyo Pawulo na Barinaba bari babisobanukiwe neza. Bifuzaga ko Abakristo b’i Kolosayi bakomeza gukura mu buryo bw’umwuka, nubwo hari ibibazo bari bahanganye na byo. w24.04 6-7 par. 16-17
Ku wa Gatatu, tariki ya 2 Nzeri
Yehova ari kumwe natwe. Rwose ntimubatinye.—Kub. 14:9.
Iyo dutinya Yehova mu buryo bukwiriye, turamukunda cyane, ku buryo twirinda gukora ikintu cyamubabaza. Dushishikazwa no kumenya gutandukanya icyiza n’ikibi no gutandukanya ukuri n’ikinyoma, kugira ngo Yehova atwemere (Imig. 2:3-6; Heb. 5:14). Turamutse dutinye abantu kurusha uko dutinya Imana, bishobora gutuma dutangira kwizera ibintu bidahuje n’inyigisho z’ukuri za Yehova. Reka turebe urugero rw’abatware 12, boherejwe kuneka igihugu Yehova yari yarasezeranyije Abisirayeli. Icumi muri bo batinye Abanyakanani cyane. Ubwoba bari bafite bwari bwinshi kuruta urukundo bakundaga Yehova. Babwiye Abisirayeli bagenzi babo bati: “Ntidushobora gutera bariya bantu kuko baturusha imbaraga” (Kub. 13:27-31). Kandi koko ukurikije uko abantu babona ibintu, Abanyakanani bari bafite imbaraga. Ariko umuntu wari gutekereza ko Abisirayeli batashoboraga gutsinda abanzi babo, yari kuba yirengagije ko Yehova afite imbaraga nyinshi. w24.07 9 par. 5-6
Ku wa Kane, tariki ya 3 Nzeri
Ese Umucamanza w’isi yose azareka gukora ibikwiriye?—Intang. 18:25.
Ese dukwiriye kwizera tudashidikanya ko, igihe cyose iyo Yehova acira abantu urubanza, afata imyanzuro ikwiriye? Cyane rwose! Aburahamu yemeraga adashidikanya ko Yehova akiranuka, ko afite ubwenge bwinshi kandi ko ari “Umucamanza w’isi yose” urangwa n’imbabazi. Yatoje Umwana we kandi yamuhaye inshingano yo gucira abantu bose imanza (Yoh. 5:22). Yehova na Yesu, bafite ubushobozi bwo kureba ibiri mu mitima yacu (Mat. 9:4). Ubwo rero, buri gihe iyo baca imanza bakora “ibikwiriye.” Tujye twiringira ko buri gihe Yehova aba azi icyatubera cyiza. Dukwiriye kwemera ko tudafite ubushobozi bwo guca imanza, ariko Yehova we arabishoboye (Yes. 55:8, 9). Ubwo rero, tujye tumurekera ibyo guca imanza we n’Umwana we, kuko ari Umwami ugaragaza mu buryo bukwiriye ubutabera bwa Se, n’imbabazi ze.—Yes. 11:3, 4. w24.05 7 par. 18-19