Ku wa Gatanu, tariki ya 4 Nzeri
Yehova yanga cyane umuntu urimanganya, ariko abakiranutsi ni bo ncuti ze magara.—Imig. 3:32.
Dushobora kubona akamaro ko kuba inyangamugayo, duhereye ku byabaye igihe Yesu yabonaga Natanayeli ku nshuro ya mbere. Igihe Filipo yazanaga incuti ye Natanayeli ngo arebe Yesu, hari ikintu gitangaje cyabaye. Nubwo bwari ubwa mbere Yesu abonanye na Natanayeli, yaravuze ati: “Dore Umwisirayeli nyakuri, utagira uburiganya” (Yoh. 1:47). Yesu yabonye ko Natanayeli yari inyangamugayo mu buryo bwihariye. Nubwo Natanayeli atari atunganye nkatwe twese, yari inyangamugayo muri byose, kandi akirinda uburyarya. Yesu yumvise akunze Natanayeli, kandi amushimira uwo muco yari afite. Ibyinshi mu byo dusabwa muri Zaburi ya 15, bifitanye isano n’ibyo dukorera bagenzi bacu. Muri Zaburi ya 15:3 havuga ibyo umuntu Yehova atumira mu ihema rye agomba kwirinda. Hagira hati: “Ntajya asebanya, ntajya agirira nabi mugenzi we, kandi ntajya aharabika incuti ze.” Ibyo bigaragaza ko gukoresha nabi ururimi rwacu, bishobora kubabaza abandi.—Yak. 1:26. w24.06 10 par. 7, 9; 11 par. 10
Ku wa Gatandatu, tariki ya 5 Nzeri
Mwami, n’abadayimoni baratwumvira iyo dukoresheje izina ryawe.—Luka 10:17.
Nutegura neza mbere yo kujya kubwiriza, bizatuma wigirira icyizere mu gihe uzaba uganira n’abo ubwiriza. Yesu na we yabanje gufasha abigishwa be kwitegura, hanyuma abona kubohereza mu murimo wo kubwiriza (Luka 10:1-11). Gukurikiza amabwiriza Yesu yari yabahaye, byatumye bakora byinshi mu murimo kandi bataha bishimye. Twakwitegura dute mbere yo kujya ku kubwiriza? Tugomba gutekereza uko turi bugeze ubutumwa bwiza ku bandi mu magambo yacu. Nanone dushobora gutekereza ku bintu bibiri cyangwa bitatu abantu bo mu ifasi yacu bashobora kudusubiza. Hanyuma y’ibyo, dushobora gutekereza icyo twakora bitewe n’icyo badushubije. Nanone igihe tuzaba tubwiriza tuzagerageza gutuza, gusekera abantu no kubaganiriza mu buryo bwa gicuti. w24.04 16 par. 6-7
Ku Cyumweru, tariki ya 6 Nzeri
Yehova Mana yacu, birakwiriye ko ikuzo icyubahiro n’ububasha biba ibyawe, kuko ari wowe waremye ibintu byose.—Ibyah. 4:11.
Impamvu ikomeye cyane ituma tubwiriza ubutumwa bwiza, ni uko dukunda Yehova Imana n’izina rye ryera. Tubona ko umurimo wo kubwiriza utuma dusingiza Imana yacu dukunda. Twemera n’umutima wacu wose amagambo yo muri Bibiliya agira ati: “Yehova Mana yacu, birakwiriye ko ikuzo n’icyubahiro n’ububasha biba ibyawe.” Iyo twereka abandi ko Yehova ari we “waremye ibintu byose,” tuba tumuhesha ikuzo n’icyubahiro, kandi arabikwiriye kuko ari we watumye natwe tubaho. Tugaragaza ko Yehova akwiriye ububasha, iyo dukoresha igihe cyacu, imbaraga zacu n’ibyo dutunze mu murimo wo kubwiriza, dukurikije uko imimerere turimo ibitwemerera (Mat. 6:33; Luka 13:24; Kolo. 3:23). Rwose, dukunda kuvuga ibirebana n’Imana yacu dukunda. Nanone twumva tugomba kubwira abandi ibirebana n’izina ryayo n’icyo risobanura. w24.05 17 par. 11