Ku wa Gatandatu, tariki ya 5 Nzeri
Mwami, n’abadayimoni baratwumvira iyo dukoresheje izina ryawe.—Luka 10:17.
Nutegura neza mbere yo kujya kubwiriza, bizatuma wigirira icyizere mu gihe uzaba uganira n’abo ubwiriza. Yesu na we yabanje gufasha abigishwa be kwitegura, hanyuma abona kubohereza mu murimo wo kubwiriza (Luka 10:1-11). Gukurikiza amabwiriza Yesu yari yabahaye, byatumye bakora byinshi mu murimo kandi bataha bishimye. Twakwitegura dute mbere yo kujya ku kubwiriza? Tugomba gutekereza uko turi bugeze ubutumwa bwiza ku bandi mu magambo yacu. Nanone dushobora gutekereza ku bintu bibiri cyangwa bitatu abantu bo mu ifasi yacu bashobora kudusubiza. Hanyuma y’ibyo, dushobora gutekereza icyo twakora bitewe n’icyo badushubije. Nanone igihe tuzaba tubwiriza tuzagerageza gutuza, gusekera abantu no kubaganiriza mu buryo bwa gicuti. w24.04 16 par. 6-7
Ku Cyumweru, tariki ya 6 Nzeri
Yehova Mana yacu, birakwiriye ko ikuzo icyubahiro n’ububasha biba ibyawe, kuko ari wowe waremye ibintu byose.—Ibyah. 4:11.
Impamvu ikomeye cyane ituma tubwiriza ubutumwa bwiza, ni uko dukunda Yehova Imana n’izina rye ryera. Tubona ko umurimo wo kubwiriza utuma dusingiza Imana yacu dukunda. Twemera n’umutima wacu wose amagambo yo muri Bibiliya agira ati: “Yehova Mana yacu, birakwiriye ko ikuzo n’icyubahiro n’ububasha biba ibyawe.” Iyo twereka abandi ko Yehova ari we “waremye ibintu byose,” tuba tumuhesha ikuzo n’icyubahiro, kandi arabikwiriye kuko ari we watumye natwe tubaho. Tugaragaza ko Yehova akwiriye ububasha, iyo dukoresha igihe cyacu, imbaraga zacu n’ibyo dutunze mu murimo wo kubwiriza, dukurikije uko imimerere turimo ibitwemerera (Mat. 6:33; Luka 13:24; Kolo. 3:23). Rwose, dukunda kuvuga ibirebana n’Imana yacu dukunda. Nanone twumva tugomba kubwira abandi ibirebana n’izina ryayo n’icyo risobanura. w24.05 17 par. 11
Ku wa Mbere, tariki ya 7 Nzeri
Imana ihemba abayishakana umwete.—Heb. 11:6.
Yehova aduha amahoro kandi agatuma twumva tumerewe neza, ndetse mu gihe kiri imbere azaduha ubuzima bw’iteka. Dushobora kwizera Yehova twiringiye ko yifuza kuduha imigisha kandi ko afite ubushobozi bwo kuyiduha. Kwiringira Yehova bizatuma dukora byinshi mu murimo we, nk’uko abagaragu be b’indahemuka bo mu bihe bya kera babigenje. Ibyo ni byo Timoteyo wo mu kinyejana cya mbere yakoze (Heb. 6:10-12). Timoteyo yizeraga Imana nzima (1 Tim. 4:10). Ibyo ni byo byatumaga akorana umwete kandi agafasha abandi. Ni iki yakoraga? Intumwa Pawulo yamuteye inkunga yo kuba umwigisha w’umuhanga, haba mu murimo wo kubwiriza ndetse no mu itorero. Nanone yagombaga kubera urugero rwiza Abakristo bagenzi be, baba abakuze cyangwa abakiri bato. Yanahawe inshingano zikomeye, urugero nko kugira abandi inama mu gihe biri ngombwa, ariko abigiranye urukundo (1 Tim. 4:11-16; 2 Tim. 4:1-5). Timoteyo yari azi ko Yehova yari kuzabimuhera imigisha.—Rom. 2:6, 7. w24.06 22-23 par. 10-11