Ibirimo
15 Nyakanga 2015
© 2015 Watch Tower Bible and Tract Society of Pennsylvania
IGAZETI YO KWIGWA
31 KANAMA 2015–6 NZERI 2015
Wakora iki kugira ngo paradizo turimo irusheho kuba nziza?
IPAJI YA 7
7-13 NZERI 2015
‘Gucungurwa kwanyu kuregereje’
IPAJI YA 14
14-20 NZERI 2015
Komeza kuba umuyoboke w’Ubwami bw’Imana w’indahemuka
IPAJI YA 22
21-27 NZERI 2015
IPAJI YA 27
IBICE BYO KWIGWA
▪ Wakora iki kugira ngo paradizo turimo irusheho kuba nziza?
Abagaragu ba Yehova bari muri paradizo y’ikigereranyo. Twagaragaza dute ko ibyo tubishimira Yehova, kandi se buri wese ku giti cye yakora iki kugira ngo irusheho kuba nziza? Iki gice kirasubiza ibyo bibazo.
▪ ‘Gucungurwa kwanyu kuregereje’
Iki gice kiri bugaragaze bimwe mu bintu bishishikaje bizaba mu gihe kiri imbere. Kiri bunatwereke impamvu abagaragu b’Imana bashobora gutegereza umubabaro ukomeye bafite icyizere.
▪ Komeza kuba umuyoboke w’Ubwami bw’Imana w’indahemuka
Muri iyi si itegekwa na Satani, abantu babera indahemuka ibintu bitandukanye. Icyakora, Abakristo bo biyemeje kubera Yehova indahemuka. Iki gice kigaragaza impamvu twirinda kugira aho tubogamira mu bibazo by’isi n’uko twatoza ubwenge bwacu n’umutimanama wacu, kugira ngo dukomeze kutagira aho tubogamira.
▪ Ni ho dusengera Yehova
Abagaragu ba Yehova bo hirya no hino ku isi bateranira mu Mazu y’Ubwami abarirwa mu bihumbi mirongo no mu zindi nyubako. Muri iki gice turi busuzume amahame yo mu Byanditswe atwereka uko twagombye kwitwara mu gihe turi ku Nzu y’Ubwami, uko twagombye kuyitaho, n’uko twashyigikira gahunda yo kubaka Amazu y’Ubwami, kugira ngo duheshe Yehova ikuzo.
IBINDI
3 Bitanze babikunze mu Burusiya
12 Gukorera Yehova mu ‘minsi y’amakuba’
KU GIFUBIKO: Ababwiriza barimo bafata amafunguro ya saa sita igihe babwirizaga mu duce two hagati tw’ifasi nini yo muri Siberiya
U BURUSIYA
ABATURAGE
143.930.000
ABABWIRIZA