-
Yehova yihesha izina ry’icyubahiroUbuhanuzi bwa Yesaya—Umucyo ku bantu bose II
-
-
12, 13. (a) Ni mu buhe buryo nta muntu waje gufasha Yehova? (b) Ni mu buhe buryo ukuboko kwa Yehova gutanga agakiza, kandi se ni gute uburakari bwe bumushyigikira?
12 Yehova yakomeje agira ati “nararanganije amaso mbona nta wutabaye, ntangazwa n’uko ari nta wandengeye. Ni cyo cyatumye ukuboko kwanjye kunzanira agakiza, n’uburakari bwanjye ni bwo bwandengeye. Mvungisha amahanga uburakari bwanjye, mbasindisha umujinya wanjye, amaraso yabo nyavushiriza ku isi.”—Yesaya 63:5, 6.
13 Nta muntu n’umwe uzaba wafashije Yehova ku buryo yakwiyitirira ibizakorwa ku munsi we ukomeye wo guhora inzigo. Nta n’ubwo Yehova akeneye ko hagira umuntu umufasha gusohoza ibyo ashaka.c Ukuboko kwe gufite imbaraga zitagereranywa kurahagije (Zaburi 44:4; 98:1; Yeremiya 27:5). Ikindi kandi, uburakari bwe ni bwo bumushyigikira. Mu buhe buryo? Mu buryo bw’uko uburakari bw’Imana atari ibyiyumvo bitagira rutangira ahubwo ari uburakari burangwa no gukiranuka. Kubera ko ibyo Yehova akora byose biba bishingiye ku mahame akiranuka, uburakari bwe buramushyigikira bugatuma ‘avushiriza ku isi amaraso’ y’abanzi be, bakamwara kandi bakaneshwa.—Zaburi 75:9; Yesaya 25:10; 26:5.
-
-
Yehova yihesha izina ry’icyubahiroUbuhanuzi bwa Yesaya—Umucyo ku bantu bose II
-
-
c Yehova yatangajwe n’uko nta muntu n’umwe wamushyigikiye. Kandi koko urebye biratangaje kubona nyuma y’imyaka hafi 2.000 Yesu apfuye, abantu bakomeye muri iyi si bakirwanya Imana!—Zaburi 2:2-12; Yesaya 59:16.
-