-
Paradizo yongera gushyirwaho!Ubuhanuzi bwa Yesaya—Umucyo ku bantu bose I
-
-
20. Isirayeli nshya yabayeho mu kinyejana cya mbere I.C. yari igizwe na bande?
20 Igihe Yehova yari yarateganyije kigeze, habayeho indi Isirayeli ariko yo mu buryo bw’umwuka (Abagalatiya 6:16). Mu gihe cy’umurimo wa Yesu hano ku isi, yashyizeho urufatiro rw’iyo Isirayeli nshya. Yongeye kugarura ugusenga kutanduye, maze inyigisho yigishaga zituma amazi y’ukuri yongera gutemba. Yakijije abari bafite uburwayi bw’umubiri n’ubwo mu buryo bw’umwuka. Igihe ubwo butumwa bwiza bw’Ubwami bw’Imana bwatangazwaga, haranguruwe ijwi ry’ibyishimo. Hashize ibyumweru birindwi nyuma y’urupfu rwe no kuzuka kwe, Yesu wari wahawe ikuzo yashinze itorero rya Gikristo, ari ryo Isirayeli yo mu buryo bw’umwuka, yari igizwe n’Abayahudi kimwe n’abandi bantu bacunguwe n’amaraso ye yamenetse. Ibyo byatumye abo baba abana b’Imana bo mu buryo bw’umwuka n’abavandimwe ba Yesu basizwe.—Ibyakozwe 2:1-4; Abaroma 8:16, 17; 1 Petero 1:18, 19.
21. Ni ibihe bintu byabaye ku itorero rya Gikristo ryo mu kinyejana cya mbere twavuga ko byasohozaga bimwe mu byavuzwe mu buhanuzi bwa Yesaya?
21 Igihe intumwa Pawulo yandikiraga abagize Isirayeli yo mu buryo bw’umwuka, yakomoje ku magambo avugwa muri Yesaya 35:3 agira ati “mumanike amaboko atentebutse, mugorore amavi aremaye” (Abaheburayo 12:12). Uko bigaragara rero, mu kinyejana cya mbere I.C., habayeho isohozwa ry’amagambo ya Yesaya igice cya 35. Yesu n’abigishwa be bakoze ibitangaza bahumura impumyi kandi bakiza ibipfamatwi. Bakijije “ibirema” bibasha kugenda n’ibiragi biravuga (Matayo 9:32; 11:5; Luka 10:9). Icy’ingenzi kurushaho ariko, ni uko abantu bafite imitima itaryarya babashije kwigobotora amadini y’ibinyoma bakinjira muri paradizo yo mu buryo bw’umwuka mu Itorero rya Gikristo (Yesaya 52:11; 2 Abakorinto 6:17). Nk’uko byagenze ku Bayahudi batahutse bakava i Babuloni, abavuye muri ayo madini na bo babonye ko bari bakeneye kurangwa n’icyizere no kugira ubutwari.—Abaroma 12:11.
-
-
Paradizo yongera gushyirwaho!Ubuhanuzi bwa Yesaya—Umucyo ku bantu bose I
-
-
23, 24. Ni mu buhe buryo ubuhanuzi bwa Yesaya bwasohoreye ku bagize ubwoko bw’Imana kuva mu mwaka wa 1919?
23 Icyakora, mu mwaka wa 1919 ibintu byarahindutse. Yehova yavanye ubwoko bwe mu bunyage. Batangiye kureka inyigisho z’ibinyoma zari zarangije ugusenga kwabo. Ibyo byatumye bakira. Bagiye muri paradizo yo mu buryo bw’umwuka, na n’ubu igikomeje gukwirakwira ku isi hose. Abari impumyi mu buryo bw’umwuka ubu bariga kureba n’abari ibipfamatwi bakiga kumva, mbese bakamenya neza imikorere y’umwuka wera w’Imana, bakamenya ko bagomba guhora begera Yehova (1 Abatesalonike 5:6; 2 Timoteyo 4:5). Abo Bakristo b’ukuri ntibakiri ibiragi, ahubwo bashishikariye ‘kuririmba’ batangariza abandi ukuri ko muri Bibiliya (Abaroma 1:15). Abahoze ari “ibirema” mu buryo bw’umwuka ubu bakorana umwete n’ibyishimo. Mu buryo bw’ikigereranyo, bashobora ‘gusimbuka nk’impara.’
-
-
Paradizo yongera gushyirwaho!Ubuhanuzi bwa Yesaya—Umucyo ku bantu bose I
-
-
25. Mbese bubuhanuzi bwa Yesaya igice cya 35 buzongera busohore mu buryo bugaragara? Sobanura.
25 Bite se mu gihe kiri imbere? Ese ubuhanuzi bwa Yesaya buzongera busohore, noneho mu buryo bugaragara, abantu bakire ubumuga bwabo n’ubutaka bwisubire? Yego rwose. Abantu Yesu n’intumwa ze bakijije mu buryo bw’igitangaza mu kinyejana cya mbere, byagaragaje icyifuzo n’ubushobozi bwa Yehova bwo kuzakiza abantu mu rugero rwagutse kurushaho. Hari Zaburi yahumetswe ivuga iby’ubuzima bw’iteka mu isi izaba yiganjemo amahoro (Zaburi 37:9, 11, 29). Yesu yasezeranyije ko abantu bazaba muri Paradizo (Luka 23:43). Kuva ku gitabo cya mbere cya Bibiliya kugeza ku cya nyuma, itanga ibyiringiro by’uko hazabaho paradizo nyaparadizo. Icyo gihe impumyi, ibipfamatwi, ibimuga n’ibiragi bizakizwa ubumuga bwabyo kandi burundu. Agahinda n’imibabaro ntibizongera kwibukwa. Abantu bazishima iteka ryose.—Ibyahishuwe 7:9, 16, 17; 21:3, 4.
-