-
“Muririmbire hamwe munezerewe”!Ubuhanuzi bwa Yesaya—Umucyo ku bantu bose II
-
-
7. Kuba ubwoko bwa Yehova bwari mu bunyage byagize izihe ngaruka ku izina rye?
7 Imimerere ubwoko bwa Yehova bwarimo y’ubunyage yari ifite ingaruka ku izina rye nk’uko ubuhanuzi bwabigaragaje bugira buti “‘none ndagira nte?’ Ni ko Uwiteka abaza. ‘Ko abantu banjye banyazwe ari nta mpamvu! Ababategeka barasakuza, kandi biriza umunsi batuka izina ryanjye.’ Ni ko Uwiteka avuga. ‘Noneho abantu banjye bazamenya izina ryanjye, kuri wa munsi bazamenya ko ari jye uvuga. Dore ni jye’ ” (Yesaya 52:5, 6). Kuba Isirayeli yari yarajyanywe i Babuloni mu bunyage byari bitwaye iki Yehova? Yehova yagombaga kugira icyo akora kubera ko Babuloni yari yarajyanye ubwoko bwe ho iminyago kandi yabwishimaga hejuru ivuga ko yabunesheje. Kwiyemera nk’uko kwatumye Babuloni isuzugura izina rya Yehova (Ezekiyeli 36:20, 21). Yananiwe kwiyumvisha ko kuba Yerusalemu yari amatongo byari byaratewe n’uko Yehova yari yararakariye ubwoko bwe. Babuloni yo yabonaga ko kuba Abayahudi bari mu bubata byari igihamya cy’uko Imana yabo nta cyo yari ishoboye. Byageze n’ubwo Belushazari wari wungirije umwami w’i Babuloni asuzugura Yehova akura ibikombe mu rusengero Rwe akabikoresha mu birori byo gusingiza ibigirwamana by’i Babuloni.—Daniyeli 5:1-4.
-
-
“Muririmbire hamwe munezerewe”!Ubuhanuzi bwa Yesaya—Umucyo ku bantu bose II
-
-
9, 10. Ni mu buhe buryo ubwoko bw’Imana bw’isezerano bwo muri iki gihe bwaje gusobanukirwa neza kurushaho amahame n’izina bya Yehova?
9 Igihe Kuro Mukuru ari we Yesu Kristo yabohoraga ubwoko bw’Imana bw’isezerano akabukura mu bunyage bwo muri Babuloni Ikomeye mu mwaka wa 1919, bwasobanukiwe neza kurushaho icyo Yehova yabusabaga. Bari baramaze kureka inyigisho nyinshi zo mu madini yiyita aya gikristo zari zifite inkomoko mu nyigisho za gipagani zariho mbere y’ubukristo, urugero nk’Ubutatu, kudapfa k’ubugingo, no kubabazwa iteka mu muriro utazima. Ubwo noneho batangiye kwiyambura ibintu byose byari bifitanye isano na Babuloni. Baje no kumenya ko batagombaga kugira uruhande urwo ari rwo rwose babogamiraho mu bintu bikorerwa muri iyi si. Banashakaga kwiyezaho umwenda w’amaraso uwo ari wo wose bamwe muri bo bashobora kuba bari barishyizeho.
10 Abagaragu b’Imana bo muri iki gihe na bo baje gusobanukirwa agaciro izina rya Yehova rifite. Mu mwaka wa 1931 bafashe izina rishya ry’Abahamya ba Yehova, muri ubwo buryo bakaba baratangaje hose ko bashyigikiye Yehova n’izina rye. Ikindi nanone, binyuriye kuri Bibiliya yitwa New World Translation yasohotse mu wa 1950, Abahamya ba Yehova bashubije izina ry’Imana ahantu hose rigomba kuboneka muri Bibiliya. Koko rero, bamenye izina rya Yehova kandi barimenyekanisha hose kugeza ku mpera y’isi.
-